Umuhanda Huye - Nyamagabe – Nyamasheke - Rusizi wari warangiritse wemerewe gukoreshwa n’imodoka nto

Minisiteri y’Ibikorwa Remezo yatangaje ko ibikorwa byo gusana umuhanda wa Huye -Nyamagabe – Nyamasheke - Rusizi wari wangiritse tariki ya 6 Ukwakira 2021 kubera imvura irimo kugwa byatangiye kandi imodoka ntoya zemerewe kuwunyuramo.

Umuhanda wakozwe, imodoka ntoya zishobora gutambuka
Umuhanda wakozwe, imodoka ntoya zishobora gutambuka

Minisiteri y’Ibikorwa remezo ikaba itangaza ko ikigo cy’igihugu gishinzwe imihanda (RTDA) kirimo gukorana n’abafatanyabikorwa mu gushaka igisubizo kirambye kuri uyu muhanda ukunze gukoreshwa n’imodoka nini.

Ibinyujije kuri Twitter, Minisiteri y’Ibikorwa remezo yagize iti: "Ibikorwa byo gusana umuhanda Huye - Nyamagabe – Nyamasheke - Rusizi wangijwe n’imvura birakomeje. Imodoka nto zemerewe kuwunyuramo, kandi itsinda RTDA ryamaze kugera aho umuhanda wangiritse ririmo gukorana n’izindi nzego mu gukemura Ikibazo mu gihe hategerejwe igisubizo kirambye."

Umuhanda watangiye gusanwa
Umuhanda watangiye gusanwa

Tariki 6 Ukwakira 2021 nibwo Polisi y’u Rwanda yari yamenyesheje abaturage ko kubera imvura nyinshi yari imaze iminsi igwa, umuhanda Huye - Nyamagabe ahitwa ku Nkungu hafi y’Umujyi wa Nyamagabe wangiritse ku buryo umuhanda Kigali - Huye - Nyamagabe - Rusizi utari nyabagendwa ahubwo abashaka kujya i Rusizi na Nyamasheke bakoresha indi mihanda itabateza ibibazo harimo umuhanda wa Karongi.

Imodoka zikora ingendo zivuye i Rusizi na Nyamasheke zinyura muri Pariki ya Nyungwe zahisemo kuzajya zigeza abagenzi aho umuhanda wangirikiye zikagurana abagenzi zitagombye guhagarika ingendo.

Umuhanda uherutse kwangirika bituma utaba nyabagendwa
Umuhanda uherutse kwangirika bituma utaba nyabagendwa
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka