Umuganda usoza ukwezi kw’Ukuboza uzabera mu ngo

Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu ibicishije mu itangazo yashyize ahagaragara kuri uyu wa Gatanu, yatangaje ko umuganda rusange usoza ukwezi k’Ukuboza uteganyijwe kuri uyu wa Gatandatu uzakorerwa mu ngo, abantu basukura aho batuye.

Iryo tangazo ryashyizweho umukono na Kaboneka Francis Uyobora Minisiteri y'Ubutegetsi bw'igihugu
Iryo tangazo ryashyizweho umukono na Kaboneka Francis Uyobora Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu

Iri tangazo ryashyizweho umukono na Minisitiri Kaboneka Francis, riravuga kandi ko abakora ibikorwa by’ubucuruzi no gutwara abantu bazabikomeza nk’uko bisanzwe, batanga serivise nziza kandi bita ku isuku y’aho bakorera.

Ubuyobozi bw’iyi Minisiteri bwaboneyeho kwifuriza Abanyarwanda bose umwaka mushya muhire wa 2017, inabakangurira kurushaho kwirindira umutekano muri iyi minsi isoza umwaka wa 2016.

Itangazo ry'Umuganda usoza ukwezi k'ukuboza 2016
Itangazo ry’Umuganda usoza ukwezi k’ukuboza 2016
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka