Ukwezi kw’ibikorwa by’urubyiruko rw’abakorerabushake gusojwe bakoze iby’agaciro k’asaga miliyari 5Frw

Hirya no hino mu Rwanda, hasojwe ukwezi kwahariwe ibikorwa by’urubyiruko rw’abakorerabusha, kwatangiye tariki ya 01 Ukwakira2022, ahakozwe ibikorwa binyuranye birimo kubakira abatishoboye, kurwanya isuri, ubukangurambaga mu kwirinda ibiyobyabwenge n’inda z’imburagiye ziterwa abangavu.

Mukandanga Triphine yashimiye urwo rubyiruko rwamwubakiye inzu
Mukandanga Triphine yashimiye urwo rubyiruko rwamwubakiye inzu

Mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Burera, niho hasorejwe ku rwego rw’Igihugu uko kwezi, ku wa Gatanu tariki 04 Ugushyingo 2022.

Muri ako karere, urubyiruko rw’abakorerabushake ku bufatanye n’inzego zinyuranye z’ubuyobozi, bakoze bimwe mu bikorwa bihindura imibereho myiza y’Abaturage, bifite agaciro ka miliyoni 200Frw.

Muri ibyo bikorwa, hubakiwe abatishoboye inzu 10, hakurungirwa inzu icyenda, hahomwa esheshatu, hubatswe kandi ubwiherero 67, hasanwa icyenda, hubakwa uturima tw’igikoni 126, hasanwa uturima 7041.

Mu kubungabunga ibidukikije hatewe ibiti bisaga 4000, hacukurwa imyobo 97 ifata amazi y’imvura, hanakorwa imirwanyasuri ku buso bungana na hegitari zirindwi.

Urubyiruko rw'abakorerabushake muri Burera rwafatanyije n'inzego zinyuranye mu kubakira abatishoboye
Urubyiruko rw’abakorerabushake muri Burera rwafatanyije n’inzego zinyuranye mu kubakira abatishoboye

Hakozwe n’ubukangurambaga mu ngo, muri gahunda y’isuku n’isukura harwanywa indwara ziterwa n’umwanda, hakorwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya ibiyobyabwenge, dore ko mu mirenge igize iko karere, itandatu ikora ku mupaka.

Mu muhango wo gusoza uko kwezi ku rwego rw’Igihugu, witabiriwe na Richard Kubana, Umuyobozi muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ushinzwe ibikorwa by’ubukangurambaga, no guhuza ibikorwa by’urubyiruko rw’abakorerabushake, yavuze ko uku kwezi gusigiye Igihugu ibikorwa bifite agaciro k’amafaranga asaga Miliyari eshanu.

Ati “Ni ibikorwa byinshi byakozwe, hari akarere usanga urubyiruko rw’abakorerabushake barakoze ibikorwa bifite agaciro ka Miliyoni 200, ugasanga hari akageze kuri miliyoni 300, iyo turebye muri uku kwezi konyine kwahariwe ibikorwa by’urubyiruko rw’abakorerabushake, tugera kuri miliyari eshanu na Magana, zinjijwe na Youth Volunteers, ariko turacyakomeza kwegeranya imibare neza ibyo ni ibyo tumaze gukusanya”.

Mbere y'ibirori habanje umuganda
Mbere y’ibirori habanje umuganda

Mukandanga Triphine wubakiwe inzu n’urwo rubyiruko, yagize ati “Ndi umubyeyi ushimira uru rubyiruko kuba rwaranyubakiye, nari umuntu utagira aho mba. Perezida wa Repubulika yo kagira Imana aba ampaye amabati, aba bakorerabushake mu bwitange bwabo baranyubakira, ubu ndishimye”.

Abo bakorerabushake bavuga ko batazigera batezuka ku murimo batangiye wo kwitanga, nk’uko umwe muri bo witwa Ndacyayisenga Anaclet yabitangarije Kigali Today.

Ati “Ikiduha imbaraga ni ugukora ibyo twiyumvamo, twumva ko tugomba kwitangira igihugu, ni yo mpamvu ibibazo tubona aho dutuye twiha inshingano zo kubikemura twubakira abatishoboye, twubaka ubwiherero, ubundi tubusana kandi tukabikora muri morale duteza Igihugu imbere. Ntituzatezuka gukora ibikorwa byubaka Igihugu”.

Bubakiye ubwiherero abatishoboye
Bubakiye ubwiherero abatishoboye

Ni urubyiruko rwashimiwe na Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Nyirarugero Dancille, ku bw’ibikorwa bitandukanye bakoze, abasaba kudatezuka ku nshingano biyemeje.

Ati “Uku kwezi muragusoje ariko ibikorwa by’ubukorerabushake birakomeje, murakomeza kudufasha mu bikorwa byo kuzamura imibereho myiza y’abaturage, mu kurwanya magendu n’ibiyobyabwenge, n’indi myifatire idakwiriye. Mube intangarugero aho mutuye mu guhindura urubyiruko bagenzi banyu bacyishora mu ngeso mbi”.

Ni umuhango wabimburiwe n’ibikorwa binyuranye aho urubyiruko rwifatanyije n’abaturage ndetse n’abayobozi ahatewe ibiti mu rwego rwo kurwanya isuri, hasurwa Urugo mbonezamikurire y’abana bato, urubyiruko rw’abakorerabushake ruremera bagenzi babo 42 n’imiryango itanu itishoboye, amatungo magufi afite agaciro ka 2,000,000FRW.

Bari bishimye muri ibyo birori byo gusoza uko kwezi
Bari bishimye muri ibyo birori byo gusoza uko kwezi

Kugeza ubu, mu Rwanda harabarurwa urubyiruko rw’abakorerabushake 487,417.

Visi Meya Mwanangu Teophile ashyikiriza umwe mu rubyiruko itungo
Visi Meya Mwanangu Teophile ashyikiriza umwe mu rubyiruko itungo
Bishimiye ibyo bagezeho
Bishimiye ibyo bagezeho
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka