Uko igikorwa cy’umuganda kitabiriwe hirya no hino mu gihugu - AMAFOTO
Nk’uko biba bimenyerewe buri wa gatandatu wa nyuma usoza ukwezi, Abanyarwanda n’abaturarwanda bose bazindukira mu gikorwa cy’umuganda mu gihe cy’amasaha atatu kuva ku isaha y’isaa mbili kugeza ku isaa tanu z’amanywa.
Ni muri urwo rwego ikipe y’abanyamakuru ba Kigali Today baba bazengurutse mu turere twose tw’igihugu bakurikirana uko byifashe. Aya ni amwe mu mafoto y’iki gikorwa kuva cyatangira ndetse n’inama yakurikiye ihuje abaturage n’abayobozi b’inzego z’ibanze.
Aha ni mu karere ka Muhanga, mu mudugudu wa Ntenderi mu kagali ka Mbiriri, aho abaturage bari bategereje kwifatanya na Minisitiri w’Umutungo kamere, Dr. Vincent Biruta.
Aba banyamuhanga bari kwiharurira umuhanda, nk’uko bisanzwe bimenyerewe ko ibikorwa byinshi by’iterambere abaturage babigiramo uruhare.
Aha ni mu karere ka Muhanga, mu mudugudu wa Ntenderi mu kagali ka Mbiriri, aho abaturage bari bategereje kwifatanya na Minisitiri w’Umutungo kamere, Dr. Vincent Biruta.
Aha naho ni mu karere ka Kamonyi, naho hakorewe umuganda rusange.
I Gikondo mu karere ka Kicukiro naho hakozwe umuganda wo gusibura imihanda.
Aha ho ni mu karere ka Nyaruguru, mu murenge wa Kivu, mu kagali ka Cyanyirankora, aho abaturage bateye imbuto z’ibigori bya Kijyambere bizwi nka Hybride 629.
Umuganda uteza igihugu cyacu imbere nta mpamvu yo kutawukora Courage ku Banyarwanda bosenta gucika intege dukomereze aho imvugo niyo ngiro.
ndabona witabiriwe rwose kandi birashimishije , erega umuganda nitwe ugirira akamaro ibikorwa wubaka ni ibyacu nkabanyarwanda kuwitabira rero ni ukwikorera , dukomeze imihigo