Ubutwari si amagambo, ni ibikorwa-Abaturage ba Ruhango

Abatuye Akarere ka Ruhango baravuga ko bamaze kumenya neza ko ubutwari atari amagambo, ahubwo ko ari ibikorwa kandi biharanirwa.

Babitangaje kuri uyu 2 Gashyantare 2016, ubwo bizihizaga Umunsi w’Intwari mu karere ka Ruhango.

Abanyaruhango basanga ubutwari buharanirwa.
Abanyaruhango basanga ubutwari buharanirwa.

Bashima Hussen, umuturage utuye mu Murenge wa Ruhango, yavuze ko nk’urubyiruko, bagiye bahabwa inyigisho zitandukanye zirebana n’ubutwari, akavuga ko yamaze kumenya neza ko umuntu adapfa kuba intwari ahubwo ko biterwa n’ibikorwa yakoze.

Bashima avuga ko nk’urubyiruko, na bo bagomba gufata iya mbere mu guharanira ibikorwa byazabageza ku butwari kimwe n’abandi bazi babiharaniye.

Kabano Charles, Umuyobozi w’ Agateganyo w’Akarere ka Ruhango, yabwiye abaturage ko buri wese agomba kuzirikana ibikorwa byaranze Intwari z’u Rwanda, kandi na bo bagakomeza guharanira ubutwari.

Ubuyobozi bw'Akarere ka Ruhango busaba abaturage kurangwa n'ibikorwa bifatika mu rugendo rwo guharanira ubutwari.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango busaba abaturage kurangwa n’ibikorwa bifatika mu rugendo rwo guharanira ubutwari.

Kabano ati “Mugomba gufata iya mbere, mukagera ikirenge cyanyu mu cy’intwari zacu tuzirikana uyu munsi.”

Uyu muyobozi na we yongeye gushimangira ko ubutwari atari amagambo gusa, ahubwo ko buharanirwa binyuze mu bikorwa by’indashyikirwa.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka