U Rwanda rwashyizeho gahunda yo kunamira Umwamikazi Elizabeth II

Nyuma y’itanga ry’Umwamikazi w’u Bwongereza, Elizabeth II, Perezida w’u Rwanda Paul Kagame, yategetse ko ibendera ry’u Rwanda n’iry’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba ari mu Rwanda yururutswa kugeza hagati, uhereye tariki 09 Nzeri 2022, kugeza igihe azatabarizwa.

Umwamikazi Elizabeth II yatanze ku mugoroba wo ku wa Kane tariki 08 Nzeri 2022, akaba yari amaze imyaka 96 y’amavuko n’imyaka 70 ayobora Ubwami bw’u Bwongereza.

Umwamikazi Elizabeth II
Umwamikazi Elizabeth II
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka