U Burundi bwashyikirije u Rwanda abaturage barwo barindwi

Guverineri w’Intara ya Kayanza mu Burundi, Col Remy Cishahayo, yashyikirije Guverineri w’Intara y’Amajyepfo mu Rwanda, Abanyarwanda barindwi bafatiwe mu Burundi hanwe n’inka y’Umunyarwanda yari yatwawe n’Abarundi, imaze kwambuka umupaka.

Abanyarwanda bazanywe muri rusange ni abantu umuntu yavuga ko ari abana bafite hagati y’imyaka 12 na 18.

Coloneri Cishahayo yavuze ko abo Banyarwanda babagaruriye u Rwanda nyuma y’uko barebye bagasanga baragenzwagaa no guuhaha.

Inka bagaruye na yo ngo ni iyo Abarundi bari bibye Abanyarwanda bahengereye yambutse ikagera ku butaka bw’u Burundi.

Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alice Kayitesi, yaboneyeho gusaba abaturiye umupaka kutazongera kwambuka banyuze mu nzira zitemewe

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka