Tuzishima neza nituba aba mbere mu mihigo - Abatuye i Huye
Nyuma y’uko Minisitiri w’Intebe yagaragaje amanota uturere twagize mu kwesa imihigo mu mwaka w’ingengo y’imari 2021-2022, ku wa 28 Gashyantare 2023, Akarere ka Huye kakaba kabaye aka kabiri, abagatuye bavuga ko bazishima neza nibaba aba mbere.

Abatuye mu Karere ka Huye bavuga ko bazishima neza nibaba aba mbere, kuko n’ubundi mu manota aherutse gushyirwa ahagaragara y’umwaka w’ingengo y’imari 2019/2020, na bwo bari babaye aba kabiri n’amanota 82,8%, ubu bwo bakaba bagize 80,97%.
Uwitwa Jean Paul Ndagijimana wo mu Murenge wa Rwaniro yagize ati “Byari kuba byiza iyo tuba aba mbere, ariko no kuba aba kabiri ntacyo bitwaye. Turishimye, ariko nyine abaturage baravuga bati tuzishima neza ari uko twabaye aba mbere.”
Bernardine Bankundiye ukuriye Inama y’Igihugu y’abagore mu Kagari ka Sovu mu Murenge wa Huye na we ati “Ntabwo byantangaje kuba twabaye aba kabiri, nishimye. Ahubwo nibajije nti ese habuze iki kugira ngo tugire 100%?”
Yunzemo ati “Buriya turi bwegerane, duhamagarane mu masibo, turebe icyatumye tutagira 100%. Ubutaha tuzagira 100%!”
Impamvu atekereza ko bari bakwiye kugira 100% ngo ni ukubera ko mu Murenge atuyemo bakorera mu masibo, bakungurana ibitekerezo ku byo bakora byabateza imbere.
Ati “Ubu turi no kubaka ubusitani ahantu abantu bahurira ari benshi, kugira ngo tuzajye duhurira ahantu hari isuku, mituweli na yo turabikora neza, abana bariga, mbese turi kugenda ibintu tubikora neza tugendeye ku mihigo tuba twahize.”
Pascal Nkundimana na we ati “Buriya bamwe ntabwo twishimye kuko tutabaye aba mbere! Kuba aba kabiri n’aba gatatu byo turabisanganywe.”
Ubundi uretse muri 2017-2018, Akarere ka Huye kaje ku mwanya wa 19 n’amanota 66%, n’uwa 2014-2015 kaje ku mwanya wa mbere n’amanota 83%, guhera mu mwaka w’ingengo y’imari 2013-2014 kamaze kuba aka gatatu inshuro eshatu, n’aka kabiri inshuro ebyiri.
Inkuru zijyanye na: UMUSHYIKIRANO 2023
- Mu kwezi kumwe mubazi z’abamotari zirongera gukoreshwa
- Indwara zitandura nizo zihitana Abanyarwanda benshi - MINISANTE
- Perezida Kagame yashimiwe kuba yarasubije Club Rafiki ishusho y’ikibuga kigezweho
- Kwita ku bibazo byugarije umuryango byagabanyije umubare w’abatwara inda zitateguwe - MIGEPROF
- Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente yasobanuye iby’izamuka ry’ibiciro ku isoko
- Perezida Kagame yasabye abayobozi kureka guhora mu nama
- Akarere ka Nyagatare kahize utundi mu kwesa imihigo
- MINISANTE yagaragaje ibyashyirwamo ingufu mu guhashya igwingira
- Ubwicanyi bukorerwa Abatutsi muri Congo bubangamiye Ubumwe bw’Abanyarwanda - Minisitiri Bizimana
- MINEDUC yatanze igisubizo cyageza ku ireme ry’uburezi ryifuzwa
- Yahereye ku bihumbi 200 none ageze kure mu iterambere (Ubuhamya)
- Bikwiye guhagarara cyangwa ubwanyu mugahagarara – Perezida Kagame abwira abasiragiza abasaba Serivisi
- Barifuza ko Inama y’Umushyikirano yasuzuma ikibazo cy’izamuka ry’ibiciro ku isoko
- U Rwanda ni urwa gatatu muri Afurika mu kugira imihanda ihuza Uturere - MININFRA
- Perezida Kagame yaburiye abayobozi batuzuza neza inshingano zabo
- Umujyi wa Kigali ugiye kongerwamo imodoka zitwara abagenzi
- Mu Rwanda abahawe nibura inkingo ebyiri za Covid-19 bagera kuri 78%
- Abiga imyuga mu Rwanda bazashyirirwaho n’icyiciro cya gatatu cya Kaminuza
- Bugesera: Uruganda rutunganya ifumbire ruzagabanya iyatumizwaga mu mahanga
- Perezida Kagame yihanangirije abashaka gukira vuba binyuze mu bujura
Ohereza igitekerezo
|