Site yapimirwagaho Covid-19 ya Gikondo yafunzwe burundu

Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima (RBC), kiratangaza ko guhera kuri uyu wa Gatatu tariki 06 Ukwakira 2021, site yo gupima Covid-19 ya Gikondo ifunga burundu.

Mu itangazo rigaragara ku rubuga rwa RBC rwa twitter riragira riti “Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima, RBC, kiramenyesha abantu bose bifuza kwipimisha ikizamini cya Covi-19 cyo mu bwoko bwa PCR, ko guhera ku wa Gatatu tariki ya 6 Ukwakira 2021, site ya Gikondo (Juakali) izafungwa. Serivisi zo gupima Covid-19 zakorerwaga kuri iyo site, zizimurirwa muri Camp Kigali”.

RBC kandi iramenyesha abantu bose bifuza kwipimisha Covid-19 hakoreshejwe ikizamini cya PCR (ku mpamvu z’urugendo) ko bipimisha amasaha 48 mbere yuko bakora urugendo.

Abantu bose barasabwa kutadohoka ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19 kugira ngo bidatanga icyuho cy’uko imibare y’abandura bigaragara ko imaze gucisha macye, yongera kuzamuka.

Mu rwego rwo kurushaho guhangana n’icyo cyorezo, ku wa 04 Ukwakira 2021, u Rwanda rwakiriye dose 195.500 z’inkingo zo mu bwoko bwa AstraZeneca zatanzwe n’igihugu cy’u Bubiligi muri gahunda ya Covax, zikaba zaraje zisanga izindi dose ibihumbi 857.000 zo muri ubwo bwoko zatanzwe ku nkunga ya Repabulika y’u Butaliyani.

Mu Rwanda abamaze guhabwa dose zombi z’inkingo basaga gato miliyoni imwe n’ibihumbi 600, mu gihe abamaze gufata dose imwe basaga gato miliyoni ebyiri n’ibihumbi 100.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka