Rwamagana: Imiryango 1000 yashyikirijwe imirasire y’izuba

Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Emmanuel K. Gasana, yasabye abaturage b’Umurenge wa Gahengeri Akarere ka Rwamagana, gufata neza ibikorwa remezo by’amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba bashyikirijwe, kugira ngo badatatira igihango cyangwa bagakora ibinyuranye n’ibyo ubuyobozi bubifuriza.

Umubyeyi wahawe ibikoresho by'amashanyarazi akomoka ku mirasire y'izuba yishimiye kuva mu icuraburindi
Umubyeyi wahawe ibikoresho by’amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba yishimiye kuva mu icuraburindi

Yabibasabye ku wa Kane tariki ya 20 Mutarama 2022, ubwo ingo 1,000 zashyikirizwaga amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba binyuze muri gahunda ya CanaChallenge, ihuriwemo na RDB, Banki ya Kigali ndetse n’ubuyobozi bw’Intara y’Iburasirazuba.

Mu ijambo rye, Emmanuel K. Gasana yavuze ko gucanira abaturage biri mu murongo wo kugira ngo umuturage abone umutekano, buri Munyarwanda agire amahirwe angana n’aya mugenzi we.

Yagize ati “Muri wa murongo wo kugira ngo umuturage wese agire umutekano, Umunyarwanda wese agire amahirwe angana n’aya mugenzi we, reka twihe umurongo wo kugenderaho dushyigikire iki gikorwa kandi tuzanakurikirane n’umusaruro wacyo.”

Uretse gucana mu nzu, uyu murasire uzana na Radiyo ku buryo abaturage babasha kumva amakuru n'impanuro z'abayobozi
Uretse gucana mu nzu, uyu murasire uzana na Radiyo ku buryo abaturage babasha kumva amakuru n’impanuro z’abayobozi

Yasabye abaturage gufata neza ibikorwa begerejwe kugira ngo badatatira igihango cyangwa bagakora ibinyuranye n’ibyo ubuyobozi bw’igihugu bubifuriza.

Ati “Ibi bikorwa mugomba kubifata neza kugira ngo mudatatira igihango cyangwa mugakora ibinyuranye n’ibyo ubuyobozi bw’igihugu bubifuriza.”

Iyi gahunda ya CanaChallenge izageza ku baturage 10,000 amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba, cyane ahatagera umuriro usanzwe w’amashanyarazi mbere y’umwaka wa 2024, aho buri Munyarwanda wese azaba afite amashanyarazi mu nzu ye.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka