Rusizi: Ambulance yari itwaye umugore utwite yakoze impanuka inda ivamo

Mu Kagari ka Cyingwa mu Murenge wa Gitambi mu Karere ka Rusizi, haravugwa amakuru ya Imbangukiragutabara (Ambulance), yakoze impanuka irenga umuhanda, umwe mu bo yari itwaye agira ibyago inda yari atwite ivamo.

Ambulance yari itwaye umugore utwite yakoze impanuka inda ivamo
Ambulance yari itwaye umugore utwite yakoze impanuka inda ivamo

Mu makuru Kigali Today itangarijwe n’umwe mu bayobozi b’Akagari ka Cyingwa, ushinzwe imibereho myiza, ubukungu n’iterambere (SEDO) Rudahunga Walter, yavuze ko iyo mpanuka yabaye mu ijoro rishyira itariki 27 Ukwakira 2024.

Yagize ati ‟Bampamagaye mu ma saa munani z’ijoro, bambwira ko Ambulance ikoze impanuka, niyambaza abaturage, abantu bari bakomeretse tubegereza umuhanda, indi Ambulance yari igiye ku bitaro bya Mibilizi irabajyana”.

Uwo muyobozi, yavuze ko abakomerekeye muri iyo mpanuka barimo umushoferi, umuganga, umugore n’umwana yari ahetse, ndetse n’uwo mugore wari utwite inda ikavamo, ubu bari kwitabwaho n’ibitaro bya Mibilizi.

Ati ‟Abo bakomeretse bajyanywe mu bitaro bya Mibilizi, icyo namenye ni uko umugore umwe muri abo bari muri iyo modoka wari utwite inda yavuyemo, andi makuru ni ibitaro bya Mibilizi byayamenya, kuko ubwo twabatabaraga ni ho bajyanywe”.

Amakuru agera kuri Kigali Today ni uko uwo mubyeyi wagizweho ingaruka n’iyo mpanuka inda yari atwite ivamo, ngo yajyanywe mu bitaro bya Kaminuza bya Butare (CHUB), kugira ngo yitabweho mu buryo bwihariye.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

Mwihangane kbs

Bosck yanditse ku itariki ya: 3-12-2024  →  Musubize

Mwihangane kd mushim’ Imana kuko havuyemo inda gs w’ agasigara

Gaspard niyo murinzi yanditse ku itariki ya: 30-11-2024  →  Musubize

Mukomeze kwihangana Kubyabaye Nababuze Ababo bihangane

Niyitegeka Bertin yanditse ku itariki ya: 28-10-2024  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka