Rusizi: Abahoze ari ba Sawuri bahindutse ba Pawuro

Abasore bo mu mirenge itandukanye yo mu karere ka Rusizi bari bamaze imyaka ibiri bahabwa amasomo i Wawa azabafasha mu buzima bwo hanze dore ko batarajyayo bitwaga amazina mabi kubera urumogi n’ubujura byabarangaga.

Abo basore bageze mu karere ka Rusizi aho bakomoka kuwa 30/09/2012, batangaza ko bahindutse abantu bazima kandi baje bafite ingamba zo gukora ibyiza maze bagenzi babo bakiri mu bikorwa bibi nk’ibyo bahozemo bakabareberaho.

Ndayizeye Samuel na Murinzi batangaza ko bahoze ari ba Sawuri ubu noneho ngo bitwa ba Pawuro; ngo bazigisha abaturage ibijyanye n’ubuhinzi, ububaji maze bafatanye kwiteza imbere.

Ndayizeye na Murinzi ngo i Wawa bigishijwe imico myiza none bituma bavuga ko bahindutse ba Pawulo.
Ndayizeye na Murinzi ngo i Wawa bigishijwe imico myiza none bituma bavuga ko bahindutse ba Pawulo.

Mu karere ka Rusizi abavuye i Wawa bagera kuri 23 kugeza ubu buri umwe wese akaba yagejejwe iwabo.

Icyifuzo bafite ni ukubona ibikoresho kugira ngo babashe kubyaza umusaruro ibyo bize bitabapfiriye ubusa kandi barashimira Leta y’u Rwanda yabafashije ikabakura mu rugomo bahozemo rutagira umumaro.

Musabwa Euphrem

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka