Rusizi: Abagore batahutse bavuga ko abagabo babo bagifite impungenge zo gutahuka

Bamwe mu Banyarwanda batahutse bagera kuri 39 biganjemo abagore n’abana, bakiriwe mu nkambi ya Nyagatare mu karere ka Rusizi, bavuga ko abagabo babo basigaye muri Congo kubera impungenge bafite zo kugaruka mu igihugu cyabo.

Aba banyarwanda batahutse baratangaza ko bishimiye kongera kugera mu gihugu cyabo cy’amavuko nyuma y’igihe kirekire baragitaye.

Abagore nibo bakomeje n’abana nibo bakomeje gutahuka kuko ngo abagabo babo babizeza kuzabasanga mu Rwanda, nk’uko bitangazwa na Masengesho kimwe n’abagenzibe batahukanye.

Aba Banyarwanda bari kurizwa imodoka basubizwa iwabo.
Aba Banyarwanda bari kurizwa imodoka basubizwa iwabo.

Bimwe mu bituma abagabo babo batagaruka mu rwababyaye nk’uko aba bagore babitangaza, ngo ni amakuru ashingiye kubihuha.

Icyakora ngo n’ubwo hari abakomeza kwinangira ntibatahuke ngo ubuzima bari babayemo bwari ubwamaburakindi kuko ngo bahoraga banyagirwa.

Aba Banyarwanda bishimiye uko bakiriwe bageze mu Rwanda bavuga ko bashishikariza bagenzi babo gutahuka, kuko ngo ibyo babwibwaga mu mashyamba basanze ari ibinyoma bisa.

Abanyarwanda batahutse barishimira gutahuka.
Abanyarwanda batahutse barishimira gutahuka.

Abatahutse bavuye mubice bitandukanye bya Congo, basobanuriwe gahunda za leta y’u Rwanda dore ko hari byinshi byahindutse batari bazi.

Musabwa Euphrem

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka