Rusizi: Abafungwa 34 barabatijwe

Ijambo ry’Imana ku bagororwa ngo rituma babasha kuba abantu babereye umuryango nyarwanda ndetse bakanabera Itorero ry’Imana kuko nyuma yo kwihana bagaruka mu nzira itunganye.

Ibi ni ibyatangajwe n’abayobozi b’Itorero ry’abadivantisiti b’umunsi wa 7 Paruwasi ya Kamembe kimwe n’Ubuyobozi bwa Gereza ya Rusizi ubwo ku wa gatandatu tariki 09/02/2013 abagororwa 34 barimo abagore 5 bo muri iyi Gereza ya Rusizi iri mu Karere ka Rusizi babatizwaga bundi bushya.

Kubatizwa kw’aba bagororwa ngo bitanga umusaruro kuko bituma bitwara neza mu gihe baba bakiri muri gereza ariko banitegura mu gihe bazaba bayisohotsemo; nk’uko Umuyobozi wungirije wa Gereza ya Rusizi, Iyamuremye Damien, abisobanura.

Abafungwa 34 bo muri gereza ya Ruysizi bahindutse abayoboke b'itorero ry'Abadivandisiti b'umunsi wa 7.
Abafungwa 34 bo muri gereza ya Ruysizi bahindutse abayoboke b’itorero ry’Abadivandisiti b’umunsi wa 7.

Pasiteri Mbarubukeye Job nawe yemeza ko koko uretse kwiyunga n’Imana kubatizwa bundi bushya bituma baniyunga n’Umuryango nyarwanda bityo bakazasohoka muri Gereza bakeye.

Kuva mu mwaka wa 1995 Itorero ry’abadivantisiti b’umunsi wa 7 rimaze kubatiza abagororwa 216 mu byiciro 4. Si iri Torero gusa kandi rikora iki gikorwa kuko n’andi ahabwa umwanya muri iyi Gereza akageza ubutumwa bwiza ku bayoboke bayo bafungiyemo.

Musabwa Euphrem

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka