Ruramira: Barateganya gushyingura imibiri yakuwe mu cyuzi mbere y’itariki basanzwe bibukiraho
Umuyobozi wa Ibuka mu Karere ka Kayonza, Ndindabahizi Didace, avuga ko itariki basanzwe bibukiraho abiciwe i Ruramira, izagera imibiri iherutse gukurwa mu cyuzi cya Ruramira yaramaze gushyingurwa mu cyubahiro, kuko babiteganya mbere.
Ku wa 20 Kamena 2020 ni bwo imirimo yo gushakisha imibiri y’Abatutsi bishwe muri Jenoside yabakorewe mu 1994 ikajugunywa mu cyuzi cya Ruramira yasojwe, hakaba hari hamaze kubonekamo imibiri 226.
Ubusanzwe urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Ruramira ruruhukiyemo imibiri 1,260.
Umuyobozi wa Ibuka mu Karere ka Kayonza ,Ndindabahizi Didace, avuga ko hatabayeho izindi mbogamizi iyo mibiri 226 yakuwe mu cyuzi yashyingurwa mbere y’itariki abanya Ruramira basanzwe bibukiraho.
Ati "Ubundi i Ruramira twibuka ku itariki 18 Mata, twifuzaga ko imibiri yabonetse mu cyuzi twayishyingura nibura tariki 10 Mata 2021, hanyuma ziriya tariki zikazagera ari ukwibuka gusa, kuko binashoboka ko nta bantu benshi bazajyayo kubera Covid-19".
Ndindabahizi avuga ko bategereje rwiyemezamirimo ubakorera amasanduku hanyuma bagashyingura.
Mu Karere ka Kayonza hari inzibutso za jenoside yakorewe Abatutsi zirindwi, urwa Mukarange, Rukara, Ruramira, Nyamirama, Kabarondo, Rwinkwavu na Nyakanazi ziruhukiyemo imibiri 26,699 y’Abatutsi bishwe muri Jenoside yabakorewe muri Mata 1994, hatabariwe izashyingurwa i Ruramira 226.
Izo nzibutso ariko ngo hari gahunda yo kuzihuza hagasigara eshatu, urwa Ruramira, urwa Rukara n’urwa Mukarange ruherutse kubakwa neza rukuzura rutwaye asaga miliyoni 293 z’Amafaranga y’u Rwanda.
Inkuru zijyanye na: Kwibuka27
- Kubwira abato amateka mabi Igihugu cyanyuzemo bizabarinda kugwa mu mutego wo kucyoreka
- IBUKA: Leta izabingingira gutanga amakuru kugeza ryari?
- Jenoside yabaye mu Rwanda yagaragaje ubwigomeke ku Mana - Prof Musemakweli
- Amateka agaragaza ko Nyamagabe ari nk’igicumbi cy’ingengabitekerezo ya Jenoside
- Musanze: Abafana ba APR FC bunamiye abazize Jenoside biyemeza guhangana n’abakiyipfoya
- Senegal: Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda bibutse urubyiruko rwishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi
- Muhanga: Imibiri 1093 y’abazize Jenoside yashyinguwe mu cyubahiro
- Kwibuka27: Menya uko isanduku yo gushyingura mu cyubahiro igomba kuba iteye
- Abiga muri Kaminuza ya Kigali baramagana abahakana Jenoside bitwaje ibyo bari byo
- Musanze: Abakozi b’Akarere bahawe umukoro wo kuvuguruza abagoreka amateka y’u Rwanda
- Gupfobya Jenoside warayirokotse ni ubuyobe bubi – NURC
- Karongi: Bashyinguye mu cyubahiro imibiri 8.660 y’Abatutsi biciwe ku Mubuga muri Jenoside
- Rwezamenyo: Sengarama arashimira byimazeyo abamwubakiye inzu
- Kinigi: Bibutse bishimye kuko ikibazo cyabo cyasubijwe
- Bugesera: Itorero ADEPR ryibutse Abatutsi biciwe i Kayenzi
- Ni igisebo kuba uwari Minisitiri w’Umuryango yarashishikarije umwana we kwica – Senateri Nyirasafari
- Madamu Jeannette Kagame yifatanyije n’abandi kwibuka imiryango yazimye
- Kuri uyu wa Gatandatu haribukwa imiryango isaga 15,000 yazimye mu 1994
- Umubano w’u Rwanda n’u Burundi witezweho gukurikirana Abarundi bakoze Jenoside
- Ubuhamya: Banze ko uruhinja rwabo rwakwicwa rudahawe Isakaramentu rya Batisimu
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|