Ruhango: Imibiri yabonetse mu bitaro bya Gitwe yashyinguwe mu cyubahiro
Imibiri 20 y’Abatutsi bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi yabonetse mu bitaro bya Gitwe mu Karere ka Ruhango hamwe n’indi 80 yimuwe mu mva byagaragaraga ko idahesha abayishyiguyemo icyubahiro, yose yashyinguwe mu cyubahiro mu rwibutso rwa Jenoside rwa Ruhango.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango butangaza ko gushyingura iyi mibiri mu cyubahiro bigaragaza intambwe imaze guterwa mu bumwe n’ubwiyunge aho abatanze amakuru bari barambiwe guhishira ikibi dore ko iyo mibiri yabonetse nyuma y’imyaka 26 Jenoside ibaye.
Abacitse ku icumu rya Jenoside mu Karere ka Ruhango na bo bavuga ko bishimiye kuba iyo mibiri yashyinguwe mu cyubahiro hamwe n’indi yagiye iboneka hirya no hino ku makuru atangwa n’abaturage.

Nkurunziza Jean Marie utuye mu Mujyi wa Kigali uhagarariye imiryango yashyinguye ababo mu Ruhango avuga ko kuba imibiri y’abishwe igikomeje kutagaragara ngo ishyingurwe mu cyubahiro bikomeje kubangamira gahunda y’Ubumwe n’Ubwiyunge bityo ko iyabonetse igashyingurwa mu cyubahiro ari ibintu bishimishije.
Agira ati “Iyo tumenye amakuru y’ahajugunywe abacu ni ikimenyetso kigaragaza ko ingengabitekerezo ya Jenoside izajya igenda igabanuka, birashimishije kuba twari tumaze imyaka 27 tukaba dushyinguye imibiri yabonetse hirya no hino no mu bitaro bya Gitwe yabonetse tubifitiye amakuru ariko bikaba bitari byarabaye”.

Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango, Habarurema Valens, avuga ko kuba hagishyingurwa imibiri iboneka hirya no hino mu Gihugu, ari ikimenyetso cy’uko Jenoside yakoranywe ubugome ndengakamere kandi ko hari abadashaka kugaragaza ahajugunywe imwe mu mibiri ikomeje kubura kugira ngo igikorwa cyo gushyingura mu cyubahiro kibe cyasozwa.
Agira ati “Ubu uyu munsi twashyinguye mu cyubahiro imibiri 100, hano muri uru rwibutso haruhukiye indi mibiri isaga ibihumbi 20 ni ikimenyetso cy’uko ibi atari imikino, tukaba dusaba abagihakana n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi kwisubiraho kandi Abanyarwanda bakagira uruhare mu kubagaragaza bagahanwa”.
Habarurema avuga ko kuba hari imibiri ikomeje kuboneka kandi biterwa no kuba hari Abanyarwanda bamaze kurambirwa guhishira ikibi bakiyemeza kuvugisha ukuri ari na yo mpamvu imibiri yo mu bitaro bya Gitwe yabonetse.

Agira ati “Birashimishije kuba Abanyarwanda benshi bariyemeje kwitandukanya n’ikibi bakavugisha ukuri kuri iriya mibiri igashyingurwa mu cyubahiro kuko ni ikimenyetso cy’uko kuvugisha ukuri n’ubumwe n’ubwiyunge bigenda bigerwaho”.
Habarurema avuga kandi ko ingengabitekerezo ya Jenoside ubu yabaganutse cyane mu Karere ka Ruhango kuko muri iki gihe cyo kwibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatusti hagaragaye imwe gusa mu gihe wasangaga hagaragara izirenze 10, agasaba abaturage gukomeza kurangwa n’ukuri no gusigasira amahoro kugira ngo bakomeze gufasha abarokotse Jenoside kwibuka banarushaho kwiyubaka mu nkingi zitandukanye.



Inkuru zijyanye na: Kwibuka27
- Kubwira abato amateka mabi Igihugu cyanyuzemo bizabarinda kugwa mu mutego wo kucyoreka
- IBUKA: Leta izabingingira gutanga amakuru kugeza ryari?
- Jenoside yabaye mu Rwanda yagaragaje ubwigomeke ku Mana - Prof Musemakweli
- Amateka agaragaza ko Nyamagabe ari nk’igicumbi cy’ingengabitekerezo ya Jenoside
- Musanze: Abafana ba APR FC bunamiye abazize Jenoside biyemeza guhangana n’abakiyipfoya
- Senegal: Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda bibutse urubyiruko rwishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi
- Muhanga: Imibiri 1093 y’abazize Jenoside yashyinguwe mu cyubahiro
- Kwibuka27: Menya uko isanduku yo gushyingura mu cyubahiro igomba kuba iteye
- Abiga muri Kaminuza ya Kigali baramagana abahakana Jenoside bitwaje ibyo bari byo
- Musanze: Abakozi b’Akarere bahawe umukoro wo kuvuguruza abagoreka amateka y’u Rwanda
- Gupfobya Jenoside warayirokotse ni ubuyobe bubi – NURC
- Karongi: Bashyinguye mu cyubahiro imibiri 8.660 y’Abatutsi biciwe ku Mubuga muri Jenoside
- Rwezamenyo: Sengarama arashimira byimazeyo abamwubakiye inzu
- Kinigi: Bibutse bishimye kuko ikibazo cyabo cyasubijwe
- Bugesera: Itorero ADEPR ryibutse Abatutsi biciwe i Kayenzi
- Ni igisebo kuba uwari Minisitiri w’Umuryango yarashishikarije umwana we kwica – Senateri Nyirasafari
- Madamu Jeannette Kagame yifatanyije n’abandi kwibuka imiryango yazimye
- Kuri uyu wa Gatandatu haribukwa imiryango isaga 15,000 yazimye mu 1994
- Umubano w’u Rwanda n’u Burundi witezweho gukurikirana Abarundi bakoze Jenoside
- Ubuhamya: Banze ko uruhinja rwabo rwakwicwa rudahawe Isakaramentu rya Batisimu
Ohereza igitekerezo
|
Mukomeze mushyingure izo Nzirakarengane zoze zazize a maherere.
Gitwe ni uregero rwiza mu gipimo cy, ubumwe n, Ubwiyunge!