Rubavu: Imodoka ebyiri ziragonganye

Mu ma saa yine z’igitondo imodoka yo mu bwoko bwa Coaster y’ikigo gitwara abagenzi cya Virunga, yakoze impanuka igonganye n’ikamyo ya Rubis itwara ibikomoka kuri peteroli, abakomeretse bahita bajyanwa mu bitaro bya Gisenyi.

Iyo modoka ya Virunga yarimo iva mu mujyi wa Gisenyi yerekaza i Kigali ikaba yari ihagurutse saa yine zuzuye (10:00), ihura n’ikamyo ya Rubis itwaye lisansi bivugwa ko yabuze feri, imanuka yihuta cyane yinjira mu mujyi wa Gisenyi igonga iyo Coaster.

Ababonye impanuka iba bakeka ko ikamyo yabuze feri, naho abari mu modoka bakavuga ko hari abitabye Imana n’ubwo nta mubare uratangazwa, inkomere zikaba zajyanywe mu bitaro bya Gisenyi.

Turacyabakurikiranira iyi nkuru

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

oooh! Izonkomere Imana izikizeryose

shyaka david yanditse ku itariki ya: 3-08-2022  →  Musubize

Imana ibigaragarize mububasha bwayo🙏🙏

Umutoniwase Eugenie x yanditse ku itariki ya: 2-08-2022  →  Musubize

Birababaje,ark Imana yahabaye kubonantamodoka nimwe yahiye kd hari niyari twaye petrol ark mudukurikiranire iyonkuru muzekuduha igisubizo.

Uwase yanditse ku itariki ya: 2-08-2022  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka