Rubavu: Abamotari basabwe gushyira imbere umutekano

Abatwara abagenzi kuri moto bazwi nk’abamotari mu Karere ka Rubavu, basabwe gushyira imbere umutekano bakorana na Polisi n’izindi nzego z’umutekano, mu rwego rwo gukumira no kurwanya ibyaha.

Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Rubavu; SP Jean Bosco Karega, yabibasabye ku wa Gatanu tariki ya 4 Ugushyingo, mu nama yahurije hamwe abamotari 400 bakorera mu Murenge wa Gisenyi.

SP Karega yabibukije ko bagomba kutarebera ibyahungabanya umutekano, ahubwo bakihutira kubimenyesha inzego z’umutekano.

Yagize ati "Hari bamwe muri mwe bakorana n’abakora ubucuruzi bwa magendu, abacuruza ibiyobyabwenge n’abajura; ndetse bamwe bamaze gufatwa bagezwa mu butabera. Igihe ni iki rero ko muhitamo neza mugaca ukubiri no gutwara abanyabyaha, cyangwa ibicuruzwa bya magendu ahubwo mugatanga amakuru."

Yakomeje abibutsa kandi ko igihe bahagaritswe n’abashinzwe umutekano wo mu muhanda, ko bagomba kubyubahiriza bakitondera amategeko y’umuhanda, mu rwego rwo kwirinda impanuka n’ingaruka zazo zirimo no gutakaza ubuzima.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Ni byiza ko abatwara abagenzi kuri za moto, bumva neza ko bagomba kugira uruhare mugucunga umutekano. Byumwihariko abakorera Rubavu.

Eram yanditse ku itariki ya: 2-12-2022  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka