Rubavu: Abakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka bagiye gukingirwa Covid-19

Ubuyobozi bw’ibitaro bya Gisenyi butangaza ko bwatangiye ibikorwa byo gukingira abantu bagera ku bihumbi 11,500 biganjemo abafite imyaka 55 kuzamura, abakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka, abakora mu nganda n’abandi bafite ibyago byo kwandura vuba no kwanduza abandi.

Ni inshuro ya kabiri mu Karere ka Rubavu bagiye gukingira, kuko ubwo mu tundi Turere bakingiye kari mu bibazo by’imitingito n’iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo, ndetse ibitaro byimura abarwayi kubera kwangirika.

Umuyobozi w’ibitaro bya Gisenyi avuga ko ibikorwa byo gukingira bizamara iminsi itatu hakazakoreshwa urukingo rwa Pfizer, igikorwa gitangira kuri uyu wa Kabiri tariki 13 Nyakanga 2021.

Mu Rwanda abantu 582 ni bo bamaze kwicwa n’icyorezo cya Covid-19, na ho abarwayi ni 15,078, abantu bamaze kwandura icyorezo cya Covid-19 mu Rwanda ni 49,016, abamaze gukira ni 33,356 bangana na 68%, abamaze gukingirwa ni 395,919 na ho ijanisha ku bandura riri ku kigero cya 11.5%.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka