RIB yerekanye abakobwa berekanye ubwambure ku mbuga nkoranyambaga
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), ruvuga ko kwerekana ubwambure kuri murandasi (internet) wamamaza imikoreshereze y’ibitsina ari icyaha gihanwa n’amategeko.

RIB yerekanye abakobwa bane bafashwe amashusho bambaye ubusa, ikavuga ko mu gihe inkiko zabahamya ibyaha bahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka ibiri.
Bakurikiranyweho gutangaza mu ikoranabuhanga amashusho y’urukozasoni yerekeranye n’imikoreshereze y’ibitsina, ndetse n’ibiyobyabwenge.
Umwe mu bafashwe, avuga ko yari kumwe n’inshuti ye y’umukobwa bajya gusura umuhungu, abasaba ko basohokana ku kabari kitwa Pili Pili.
Avuga ko bagezeyo abasaba kwerekana ubwambure bwabo ku rubuga rwa ‘instagram’, ariko ko yari yaguze inzoga barabanza baranywa.
Ati “Tumaze gusinda twatangiye kwiyerekana twambaye ubusa, ntabwo nari nzi ko mu Rwanda bitemewe, ntabwo byari ibyo kuryamana na we, ahubwo byari ukwambara ubusa gusa, bwarakeye numva nkozwe n’ikimwaro, ndasaba imbabazi umuryango Nyarwanda ko nawukojeje isoni”.
Umuvugizi w’agateganyo wa RIB, Dominique Bahorera, avuga ko abakobwa bafashwe n’umugabo ucuruza amashusho y’urukozasoni ubanza guha abantu ibiyobyabwenge kugira ngo biyerekane bambaye ubusa.

Ati “Icyo aba agamije ni uko abantu iyo bamaze kureba amashusho y’umukobwa wambaye ubusa bahindukira bakamubwira ko bumva bashaka kuryamana na we, icyo gikorwa kiganisha ku icuruzwa ry’abantu n’ibiyobyabwenge, kandi harimo no kwangiza umuco Nyarwanda”.
Umuvugizi wa RIB avuga ko abaririmbyi bamenyereye kuririmba bambaye ubusa, amashusho yabo na yo nagaragara ku mbuga nkoranyambaga bazabihanirwa.
Ingingo ya 38 y’Itegeko No 60/2018 ryo ku wa 22/8/2018 ryerekeye gukumira no guhana ibyaha bikoresheje ikoranabuhanga, ivuga ko umuntu wese, utangaza, wohereza cyangwa utuma hatangazwa ubutumwa ubwo ari bwo bwose bw’urukozasoni akoresheje mudasobwa cyangwa urusobe rwa mudasobwa, aba akoze icyaha.
Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’amezi atandatu, ariko kitarenze imyaka ibiri, n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe, ariko atarenze miliyoni ebyiri.
Iyo ubutumwa bw’urukozasoni buvugwa mu gika cya mbere cy’iyi ngingo budahuye n’ukuri cyangwa bureba umwana, uwahamwe n’icyaha ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itatu ariko kitarenze imyaka itanu, n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe ariko atarenze miliyoni eshatu.
Ohereza igitekerezo
|
Ahaa!!,none se ko isi ishaje,ni uko nyine. Ariko bari b
u Rwanda nimusigeho gukora ayo mahano. mureke dusigasire igihugu Imana yaduhaye ntakibi kiyirimo,ubwo Yesu azagaruka natwe tuzahembwe, tube m
ubuzima bwiza butagira iherezo. namwe mwababarirwambega abari burwanda? namwe mutangiye guterimana agahinda benakokagen?
ndabagaye gus nkabagira ninama
nimuve muribyo kuko ibyo bijyana gihenomu!
knd nimwemera mukumvira muzarya ibyiza byo mugihugu
ark
nimwanga mukagom
inkota yuwiteka izabarya.!
mwibarenganya kuko babikorera muguhugu giite ministeri ifite umuco mu inshingano zabo,ifite inteko y’ururimi n’umuco..ministeri y’umuryango.hari abamaze igihe bahembwa amafaranga y’igihugu batigeze bita kunshingano zabo nguwo umusaruro w’icyo bahemberwa mwirenganya abana niko barezwe.
Ngembona.abakobwa nabahungu bagahanrwe kimwe kuko nabo bagirubwenge4 Bose abarusha ubwenge.bakambara ubusa nindanini zabananiye ukumvango umukobwa yafashwe kungufu nibagabanye kuryibyubunu bitabire akazi natwe namaboko dukoresha kandi nabo barayafite uziyo bavugango baradukuriybinyo twayabima ngotwabafashe kungufuahhhh
Ndashimira Reta gose kuko birakabije baba Bari kwangiriza abana Kandi arirwo Rwanda rwejo hazaza, ndahanura uruvyiruko kutiyambika ubusa kuko Yesu Christo yambaye ubusa kumusaraba kugira tutambara ubusa ukundi
Nibyiza uwo mugabo ugomba guhanwa bikabera abandi isomo
Ko numva ngo utubari turafunze se? ako kitwa pili pili ko nta covid19 yahagera!
Bajye babafata kbs babahane babajyane mubigo ngorora muco kuko ntibikwiye ku bari B’U Rwanda.
Nubwo bibabaje kureba urubyuriko rwejo rukiri muri image nkiyi, nkaba nanone nshimira Rib uburyo ikurikirana amanyanga nkaya ndetse nabandi bagifite ingenga bitekerezo inkibi babitinya.
Bajyebabahanaka kbx ntabwo bikwiye abari bu rwanda
ko muhisha amasura yaho kandi muvuga ko mwaberekanye?
Ubwo x murinda kuvuga mutyo kontarumva uwafunze Emma cloudine nibishegu birwamo?
Emma Claudine se wigeze ubona yambara ubusa kumbuga nkoranyambaga