Polisi irarangisha amafaranga yatoraguwe n’umupolisi

Polisi y’u Rwanda iratangaza ko hari umuntu wataye amafaranga ku wa kane tariki ya 12 Ugushyingo 2020, mu muhanda Kigali Convention Centre – Remera, hagati ya saa tatu na saa yine za mu gitondo, ikaba isaba uwayataye kuza kuyafata ku cyicaro cya Polisi ku Kacyiru.

Polisi irarangisha amafaranga yatoraguwe n'umupolisi (Ifoto:Interineti)
Polisi irarangisha amafaranga yatoraguwe n’umupolisi (Ifoto:Interineti)

Itangazo Polisi y’u rwanda yashyize ahagaragara, riravuga ko ayo mafaranga yatoraguwe n’umupolisi wari uri mu kazi.

Polisi isaba uwumva ayo mafaranga ari aye, ko yagera ku cyicaro cyayo mu biro by’umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, cyangwa se agahamagara nomero 0788311155.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 9 )

Polisi yacu ni inyamibwa pe!
Ni hacye cyane wasanga imikorere ishyira imbere inyungu za rubanda nk’uko RNP ibikora.

# @RNP,many thanks & keep it up.
# @KT,uku ni ukuranga si ukurangisha."POLISI IRARANGA..."

Murakoze.

Albert Nsengumuremyi yanditse ku itariki ya: 21-11-2020  →  Musubize

Rwanda Police l love you!

Alias yanditse ku itariki ya: 21-11-2020  →  Musubize

Nabura nyirayo nyuma yamezi 6 bazayasubize uwatoraguye peeee

Leo yanditse ku itariki ya: 21-11-2020  →  Musubize

Bravo polisi yacu. Uwayatoraguye ni umuntu muzima pe! No muri ibi bihe cash yabuze!

Nkusabiye ijuru gusa. Uhesheje ishema bagenzi bawe bamwe na bamwe .......

Franco yanditse ku itariki ya: 20-11-2020  →  Musubize

Wow! I salute you, Rwanda Police.
May The Almighty Reward that honest policeman, and his immediate supervisors as well. Cheers!

Esther yanditse ku itariki ya: 20-11-2020  →  Musubize

Bagenzi ayo mafaranga nabura nyirayo mbaye nyisabiye hakirikare muyampe anfashe ndayakeneye pe.murakoze

Kabera yanditse ku itariki ya: 20-11-2020  →  Musubize

Ndabona yabuzenyirayo nimuyame nigurire moto nayiterese yamake ndikarogi

Twagirimana auguste yanditse ku itariki ya: 20-11-2020  →  Musubize

Mu isi hari abantu beza b’inyangamugayo,nubwo aribo bakeya.Benshi iyo batoraguye amafaranga,baravuga ngo "Imana irabahaye".Millions nyinshi z’abantu bakora amanyanga,bariba,bakabeshya,bakanyereza imisoro,bakarya ruswa,ndetse bamwe bakica abandi kugirango bakire.Ariko Ijambo ry’Imana rivuga ko bene abo batazaba mu isi nshya izaba paradizo dutegereje ivugwa muli 2 Petero 3:13.Bibagirwa ko ejo tuzapfa tugasiga imitungo yose twarundanyije,ntiruzongere kubaho.Ntitukishinge ababeshya ku irimbi ngo tuba twitabye Imana.Ni ikinyoma.Bibiliya ivuga ko abumvira Imana izabazura ku munsi wa nyuma,ikabaha ubuzima bw’iteka.Ni Yesu ubwe wabivuze muli Yohana 6:40.

rukebesha yanditse ku itariki ya: 20-11-2020  →  Musubize

@KT and @RNP,thank you for this info

But,it wld be betted if you also publish this announcement in foreign languages ie ENG and French which are internationnally used,so that foreigners can also get informed.

Thank you.

Theos yanditse ku itariki ya: 20-11-2020  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka