Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron yageze mu Rwanda

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 27 Gicurasi 2021, Umukuru w’Igihugu cy’u Bufaransa, Emmanuel Macron, yasesekaye i Kigali mu ruzinduko rw’iminsi ibiri rwitezweho kunoza umubano w’u Bufaransa n’u Rwanda.

Perezida Macron yasesekaye i Kigali (Ifoto: The New Times)
Perezida Macron yasesekaye i Kigali (Ifoto: The New Times)

Mu gihe yiteguraga guhaguruka mu Bufaransa yerekeza mu Rwanda, Perezida Macron yatangaje ko uruzinduko rwe i Kigali ari ikimenyetso gikomeye cyo guhindura amateka no kunoza umubano, atari hagati y’u Rwanda n’u Bufaransa gusa, ahubwo hagati ya Afurika muri rusange n’u Bufaransa.

Perezida Emmanuel Macron yakiriwe ku kibuga cy’indege na Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga n’ubutwererane, Dr. Vincent Biruta, wari kumwe na Ambasaderi Ngarambe François Xavier uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa.

Biteganyijwe ko Macron ahita yerekeza ku rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi kunamira abasaga ibihumbi 250 baharuhukiye bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Perezida Macron aragirana ibiganiro n’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda Paul Kagame, ndetse biteganyijwe ko bombi bagirana ikiganiro n’abanyamakuru.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

President Emmanuel Macron tumuhaye ikaze mu Rwanda ,twizeye ko Hari ishusho nziza yabonye ku Rwanda.

Manirakiza Augustin yanditse ku itariki ya: 27-05-2021  →  Musubize

Bienvenu Au Pays des milles colline Monsieur le President!

Jonson yanditse ku itariki ya: 27-05-2021  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka