Perezida Kagame yifurije umunsi mwiza abarimu

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yatanze ubutumwa agaruka ku kamaro ka mwalimu anabashimira akazi bakora.

Perezida Kagame
Perezida Kagame

Abinyujije kuri Twitter, Perezida Kagame yagize ati “Turazirikana Umunsi Mukuru Mpuzamahanga wa Mwalimu. Dufate umwanya dushimire abarimu bacu cyane cyane muri ibi bihe bikomeye. Abanyeshuri n’ababyeyi bishimira serivisi zanyu ntasimburwa. Dufatanye, dufungure amashuri, abana bacu bige mu mudendezo.”

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

Turashimira Nyakubahwa President wa Repubulika y’u Rwanda udahwema gutekereza kuri mwarimu. Nkuko bigaragara abarimu bo mumashuri ya Leta yose barishimye Kandi babayeho neza. Twamusabaga gufasha abari muyihenga nabo kuko babayeho nabi pe! Aho usanga umwarimu ufite A0 ahembwa nkufite A2 muri Leta mudufashe nabyo bigire umurongo pe! Kuko twese ikigenderewe n’ireme ry’uburezi. Abadutekerereza kugirango NST1 igerweho NATWE badutekereze.

Alias yanditse ku itariki ya: 2-11-2022  →  Musubize

Turashimira Nyakubahwa President wa Repubulika y’u Rwanda udahwema gutekereza kuri mwarimu. Nkuko bigaragara abarimu bo mumashuri ya Leta yose barishimye Kandi babayeho neza. Twamusabaga gufasha abari muyihenga nabo kuko babayeho nabi pe! Aho usanga umwarimu ufite A0 ahembwa nkufite A2 muri Leta mudufashe nabyo bigire umurongo pe! Kuko twese ikigenderewe n’ireme ry’uburezi. Abadutekerereza kugirango NST1 igerweho NATWE badutekereze.

Alias yanditse ku itariki ya: 2-11-2022  →  Musubize

MWALIMU akwiye gushimirwa n’isi yose.Ikibazo nuko usanga mu bihugu byinshi ariwe uhembwa nabi kurusha abandi bantu bose bize.Ariko hari abandi bantu bakwiye gushimirwa imihate yabo mu murimo wundi wo KWIGISHA.Abo ni abantu bakora umurimo wo kubwiriza ijambo ry’Imana.Yezu yasize asabye abakristu nyakuri bose gukora uwo murimo kugeza igihe azagarukira ku munsi wa nyuma.
Bawukora bate?Ntabwo bigishiriza mu mashuli.Ahubwo bigana Yezu n’Abigishwa be,nabo bagasanga abantu aho bari,mu nzira no mu ngo zabo.Ibyo bituma abantu bahinduka beza,bagashaka Imana,ikazabahemba ubuzima bw’iteka muli paradizo,ibanje kubazura ku munsi wa nyuma.

masozera yanditse ku itariki ya: 5-10-2020  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka