Perezida Kagame yifurije umunsi mwiza abagore

Perezida Paul Kagame yifurije umunsi mwiza abagore, kuri iyi tariki ya 08 Werurwe 2022 ubwo Isi yose yizihizaga Umunsi Mpuzamahanga wahariwe abagore.

Perezida Kagame
Perezida Kagame

Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda by’umwihariko rwirushima ubutwari bwaranze abagore bagize uruhare rukomeye mu iterambere ry’Igihugu.

Yavuze ko kuva mu ntangiriro, Umuryango wa FPR Inkotanyi waharaniye guha agaciro umugore, no kumuha umwanya muri sosiyete kugira ngo abashe kumva ko na we ashoboye kandi yagira uruhare mu mpinduka ziganisha Igihugu ku iterambere.

Ati “Iterambere tubona uyu munsi mu Rwanda, ni umusaruro w’iyo Politiki yo guteza imbere uburinganire n’ubwuzuzanye hagati y’umugabo n’umugore.”

Umukuru w’Igihugu yavuze ko uko guteza imbere abagore n’abagabo no kwirinda ubusumbane ari uburenganzira bwa buri wese, ko atari impuhwe, asaba ko iyo myumvire yarushaho kwimakazwa kugira ngo abazabaho mu bihe biri imbere bazasange inzitizi zibabuza kugera ku byifuzo byabo zaravanyweho.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka