Perezida Kagame yifurije abagore umunsi mwiza
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yifurije umunsi mwiza abagore. Ni mu gihe isi yose yizihizaga Umunsi Mpuzamahanga wahariwe abagore.

Perezida Kagame yavuze ko uyu munsi ari umwanya mwiza wo kuzirikana ko ibijyanye n’uburinganire n’ubwuzuzanye bitareba abagore gusa.
Ati “Nta terambere ryabaho impande zombi zitabigizemo uruhare ndetse zigahabwa amahirwe angana.”
Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda yagaragaje ko buri wese afite uruhare asabwa kugira mu guharanira ko ubusumbane bushingiye ku gitsina no guhezwa kwa bamwe birandurwa kuko nta mwanya bifite mu hazaza heza h’igihugu.
Happy #IWD2021! Today is a reminder that gender equality is not just a women’s issue. There can be no progress without equal participation and opportunity for all. Each one of us has a role to play to ensure gender disparity and exclusion has no place in our future.
— Paul Kagame (@PaulKagame) March 8, 2021
Ohereza igitekerezo
|