Perezida Kagame yemeza ko Afurika ikeneye ishoramari ku Burayi kuruta inkunga- Video

Perezida Kagame yifuza kubona ibihugu by’u Burayi biza gushora imari muri Afurika kuruta uko byagira ikindi biyikorera mu buryo bw’inkunga.

Perezida Kagame yakirwa na Minisitiri w'Intebe w'u Bubiligi Charles Michel
Perezida Kagame yakirwa na Minisitiri w’Intebe w’u Bubiligi Charles Michel

Yabivuze ubwo yasubizaga ikibazo cy’umunyamakuru w’Umubiligi wari umubajije ku kiganiro yagiranye na Minisitiri w’Intebe w’u Bubiligi, Charles Michel ku cyo baganiriye yifuza ko u Bubiligi bwakorera u Rwanda.

Perezida wavugaga ko bagiranye ibiganiro bijyanye n’imibanire myiza, yahise amusubiza ati “(u Burayi) bwakomeza gukora ishoramari ryiza mu Rwanda no muri Afurika. Afurika niyunguka n’u Burayi buzunguka.”

Perezida Kagame n'itsinda ayoboye bagirana ibiganiro na Minisitiri Charles Michel
Perezida Kagame n’itsinda ayoboye bagirana ibiganiro na Minisitiri Charles Michel

Guhura na Minisitiri w’Intebe Michel ni imwe muri gahunda nyinshi zikubiye mu ruzinduko Perezida Kagame amazemo iminsi mu Bubiligi.

Yitabiriye inama y’u Burayi yiga ku bukungu bw’isi ya EDD17, anagenderera icyicaro cya FIFA giherereye i Zurich mu Busuwisi.

Ku musozo hari igikorwa kitezwe na benshi cya Rwanda Day, kizitabirwa n’Abanyarwanda baturutse mu bihugu bitandukanye i Burayi. Abanyarwanda bagize Diaspora Nyarwanda babukereye mu kwakira Perezida Kagame, bakongera bagasabana.

Perezida Kagame na Charles Michel nyuma y'ikiganiro
Perezida Kagame na Charles Michel nyuma y’ikiganiro
Basezeranaho nyuma y'ikiganiro bagiranye
Basezeranaho nyuma y’ikiganiro bagiranye

Reba Video igaragaza Perezida Kagame ahura na Minisitiri w’Intebe w’Ububiligi

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

abanyarwanda twahisemo imikoranirane aho gushaka imfashanyo za hato na hato arizo zituma habaho ba mpatse ibihugu! ubu rero intego ni ugutera imbere kandi tukabikorana umurava!

bingwa yanditse ku itariki ya: 9-06-2017  →  Musubize

afurika ntago igikeneye inkunga, ahubwo kuba habaho ubufatanye mu ishoramari nicyo kintu cyayiteza imbere! abanyarwanda twumvise neza ko gufashwa ntacyo bimarira ufashijwe ariko imikoranire myiza iteza imbere abayikorana!

higiro yanditse ku itariki ya: 9-06-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka