Perezida Kagame yasuye abasirikare bari ku masomo ya ‘Cadet’ i Gako

Kuri uyu wa Kane tariki ya 29 Ukwakira 2020, Perezida wa Repubulika Paul Kagame, ari kumwe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), Gen Jean Bosco Kazura, bahuye n’abasirikare bari ku masomo ‘Cadet’ mu Ishuri rya Gisirikare ry’u Rwanda i Gako, mu Karere ka Bugesera.

Nk’uko bigaragara ku rubuga rwa Twitter rw’Ibiro bya Perezida wa Repubulika, Perezida Kagame yari yambaye imyambaro ya gisirikare.

Mu mafoto ari kuri urwo rubuga rwa Twitter rw’Ibiro bya Perezida wa Repubulika, Perezida Kagame na Gen Kazura bagaragaye baganiriza abo basirikare bari ku masomo ya Cadet mu Ishuri rya Gisirikare ry’u Rwanda riherereye i Gako.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka