Perezida Kagame yashyizeho abahagarariye u Rwanda mu bihugu 15

Ashingiye ku biteganywa n’itegeko nshinga rya Repubulika y’u Rwanda ryo muri 2003, ryavuguruwe mu 2015 cyane cyane mu ngingo yaryo y’111, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, yashyizeho abazahagararira u Rwanda mu bihugu by’amahanga ku buryo bukurikira.

Wellars Gasamagera, arahagararira u Rwanda muri Repubulika ya Angola, mu gihe Prosper Higiro ahagararira u Rwanda muri Canada, naho James Kimonyo agahagararira u Rwanda muri Repubulika ya Rubanda y’u Bushinwa.

Vincent Karega yagizwe ambasaderi muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, mu gihe Alfred Kalisa ahagararira u Rwanda muri Repubulika y’Abarabu ya Misiri.

Dr Francois Xavier Ngarambe, aragahararira u Rwanda muri Repubulika y’u Bufaransa, naho Dr Aissa Kirabo Kakira aruhagararire muri repubulika ya Ghana, mu gihe sheikh Saleh Habimana ahagararira u Rwanda mu bwami bwa Morocco.

Yasmin Amri SUED arahagararira u Rwanda muri Repubulika ya Korea, mu gihe Francois Nkurikiyimfura aruhagararira muri leta ya Qatar.

Eugene Segore Kayihura arahagararira u Rwanda muri Afurika y’Epfo, naho Jean de Dieu Uwihanganye ahagararire u Rwanda muri Repubulika ya Singapore.

Marie Chantal Rwakazina, arahagararira u Rwanda mu bu Suwisi, mu gihe Maj. Gen. Charles Karamba ahagararira u Rwanda muri Repubulika yunze ubumwe ya Tanzania.

Emmanuel Hategeka arahagararira u Rwanda mu bihugu byunze ubumwe by’abarabu.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Nibyiza nibaduhagararire iyobahari ninkahonatwe tubaturiyo.

Nkurunziza yanditse ku itariki ya: 15-07-2019  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka