Perezida Kagame yashimiye ababohoye u Rwanda

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yashimiye abantu bose bagize uruhare mu rugamba rwo kubohora igihugu, agaragaza ko ari bo batumye igihugu kigera ku iterambere kigezeho ubu.

Abivuze kuri iyi tariki ya 01 Ukwakira, iyi tariki ikaba yibukwa nk’itariki urugamba rwo kubohora igihugu rwatangiriyeho (tariki 01 Ukwakira 1990).

Perezida Kagame abinyujije kuri Twitter, yanditse ubutumwa bugira buti “Ku bantu mwese mwagaragaje ishyaka ryo gukunda igihugu no kucyitangira, mwagenze urugendo rwasaga n’urudashoboka, mwatugejeje aho turi ubu.”

“Byaduteye ishema nk’Igihugu, kandi turabashimira, Dukomereze aho.”

Inkuru zijyanye na: kwibohora26

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka