Perezida Kagame yakiriye Perezida wa Mozambique waje mu ruzinduko rw’iminsi itatu

Urugendo rwa Perezida wa Mozambique Filipe Nyusi ni rwo rwabimburiye urw’abandi ba perezida barimo uw’u Bushinwa Zi Jinping na Minisitiri w’Intebe w’u Buhinde Narendra Modi bateganya kugirira mu Rwanda.

Perezida Kagame yakira Perezida wa Mozambique Filipe Nyusi ku Kibuga cy'Indege cya Kanombe
Perezida Kagame yakira Perezida wa Mozambique Filipe Nyusi ku Kibuga cy’Indege cya Kanombe

Kuva kuri uyu wa Kane tariki 19 Nyakanga kugeza tariki 24 Nyakanga 2018, u Rwanda rurakira abakuru b’ibihugu bitatu. Uwa mbere wa Mozambique yakiriwe na Perezida Kagame ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki 19.

Perezida Nyusi yatangiye uruzinduko rwe asura agace kahariwe inganda kazwi nka ’Kigali Special Economic Zone’. Kuri uyu mugoroba, Perezida Nyusi wa Mozambique arakirwa ku meza na Perezida Kagame.

Ku munsi wa kabiri w’uruzinduko rwe, Perezida Nyusi azasura Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, aho azunamira abazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994.

Azasura kandi ibigo by’ikoranabuhanga bikorera muri Telecom House, anasure Ingoro y’Umwami mu Rukari mu Karere ka Nyanza.

Perezida Nyusi kandi azagirana ibiganiro na Perezida Kagame mbere y’uko aba bakuru b’ibihugu bombi bagirana ikiganiro n’itangazamakuru.

Ku munsi wa nyuma w’uruzinduko rwe, Perezida Nyusi azasura inyubako itangirwamo serivisi zihuriweho ku mupaka w’u Rwanda na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo izwi nka ’La Corniche One Stop Border Post’.

Uruzinduko rwa Perezida Nyusi ruje rukurikira urwo Perezida Kagame yagiriye muri Mozambique mu mwaka wa 2016.

U Rwanda na Mozambique bifitanye umubano wihariye, aho ibihugu byombi bifitanye amasezerano y’ubufatanye n’ubuhahirane mu buhinzi n’ingendo zo mu kirere.

Indege y’u Rwanda, RwandAir, izatangira ingendo mu gihugu cya Mozambique mu minsi iri imbere.

Azasoza uruzinduko rwe mu Rwanda kuwa Gatandatu tariki 21 Nyakanga, bukeye bwaho tariki 22 Nyakanga Perezida w’u Bushinwa na we ahite aza mu Rwanda azasoze uruzinduko rwe tariki 23 Nyakanga .

Uwo munsi na bwo Perezida Kagame azarara yakiriye Minisitiri w’u Buhinde nawe uzaba uje mu ruzinduko rw’iminsi ibiri kugeza tariki 24 Nyakanga.

Itangazo rya Perezidansi ya Repubulika ryatangaje ko izi ngendo zigamije kongera imibanire ibihugu byombi bisanzwe bifitanye.

Itangazo rikomeza rivuga kandi ko buri muyobozi azaba aherekejwe n’umwe mu bayobozi bashinzwe ishoramari mu rwego rwo kureba amahirwe ari mu Rwanda, cyane cyane mu bikorwaremezo, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, ubuhinzi n’ikoranabuhanga n’itumanaho.

Abayobozi bose bazanaganira ku mikorere y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU), Perezida Kagame ayoboye.

Perezida Nyusi yatemberejwe mu gice cyahariwe inganda
Perezida Nyusi yatemberejwe mu gice cyahariwe inganda

Kureba andi mafoto ya Perezida Nyusi akigera i Kigali kandaAHA

Amafoto: Plaisir Muzogeye

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka