Perezida Kagame yakiriye Intumwa ya Papa mu Rwanda n’abandi ba Ambasaderi bashya

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakiriye Intumwa ya Papa mu Rwanda, Arikiyepiskopi Alnardo Sanchez Catalan, wanamugejejeho ibyangombwa bimwemerera guhagararira Papa mu Rwanda.

Perezida Paul Kagame na Arikiyepiskopi Alnardo Sanchez Catalan
Perezida Paul Kagame na Arikiyepiskopi Alnardo Sanchez Catalan

Ni umuhango wabaye tariki 22 Kamena 2022, aho yakiriye n’izindi ntumwa zigiye guhagararira ibihugu byazo mu Rwanda, zirimo Merzak Bedjaoui wa Algeria, Damptey Bediako Asare wa Ghana na Maj Gen (Rtd) Robert Rusoke wa Uganda.

Itorwa rya Musenyeri Arnaldo Sanchez Catalan wo muri Diyosezi ya Manila muri Philippines, kuba Intumwa ya Papa mu Rwanda byemejwe n’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 26 Mutarama 2022.

Perezida Paul Kagame na Maj Gen (Rtd) Robert Rusoke wa Uganda
Perezida Paul Kagame na Maj Gen (Rtd) Robert Rusoke wa Uganda

Musenyeri Arnaldo Catalan yari asanzwe akora mu biro by’intumwa ya Papa mu gihugu cy’u Bushinwa, aho aje mu Rwanda asimbuye Musenyeri Andrzej JOZWOWICZ wahawe ubutumwa bwo guhagararira Papa mu gihugu cya Iran, nyuma y’imyaka ine yari amaze ari intumwa ya Papa mu Rwanda.

Mbere y’uko atangira ubutumwa bwo guhagararira Papa mu Rwanda, Musenyeri Arnaldo Catalan yashyizwe mu rwego rw’Abepiskopi tariki 11 Gashyantare 2022, mu muhango wabereye muri Katedarali ya Manila muri Philippines uyoborwa na H.E Luis Antonio Cardinal Tagle, afatanyije na Jose Cardinal Advancula Arkiyeskopi wa Manila na Musenyeri Charles John Brown.

Perezida Kagame na Damptey Bediako Asare wa Ghana
Perezida Kagame na Damptey Bediako Asare wa Ghana

Musenyeri Arnaldo Catalan w’imyaka 55, intego ye y’ubushumba ni “IUXTA MISERICORDIAM NON DEFICIMUS”, mu Kinyarwanda ni “Mu mpuhwe, nta gishobora kuduca intege”.

Perezida Paul Kagame na Merzak Bedjaoui wa Algeria
Perezida Paul Kagame na Merzak Bedjaoui wa Algeria
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka