Perezida Kagame yakiriye Igikomangoma Charles cy’u Bwongereza
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, kuri uyu wa Gatatu tariki 22 Kamena 2022, muri Village Urugwiro, bakiriye Igikomangoma cya Wales, Charles Philip n’umugore we Camilla.

Perezida Kagame na Prince Charles, bagiranye ibiganiro byibanze ku bufatanye n’umubano hagati y’u Rwanda n’u Bwongereza.
Igikomangoma Charles cy’u Bwongereza, ari mu Rwanda kuva ku mugoroba wo ku wa Kabiri, aho yahageze aje kwitabira Inama ya CHOGM, ihuza Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bo mu Muryango wa Commonwealth, aho ahagarariye Umwamikazi Elizabeth II.

Abinyujije kuri Twitter, Prince Charles yashimiye Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame, ku bw’ikaze n’urugwiro babakiranye.
Igikomangoma Charles cy’u Bwongereza na Madamu Camilla, mu masaha ya mbere ya saa sita babanje gusura Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali ku Gisozi, aho bagiye kunamira inzirakarengane zihashyinguye.

Aherekejwe na Bizimana Jean Damascène, Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu, Prince Charles n’umugore we Camilla, batambagijwe ibice bigize urwo rwibutso ndetse basobanurirwa amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi, ingaruka zayo ndetse n’ubudasa bw’Abanyarwanda mu kwishakira ibisubizo byabagejeje ku bumwe n’ubwiyunge no kongera kwiyubaka mu myaka 28 ishize. Yanashyize indabo ku mva.



Inkuru zijyanye na: CHOGM 2022
- Dore umusaruro u Rwanda rwakuye muri CHOGM 2022
- Exclusive Interview with Dr Donald Kaberuka on the sidelines of #CHOGM2022
- Video: Tumwe mu dushya twaranze #CHOGM2022
- Sena y’u Rwanda yageneye Perezida Kagame ubutumwa bw’ishimwe
- Urubyiruko rwa Commonwealth rwagaragarije abayobozi ibyifuzo byarwo
- Perezida Kagame yashimiye abitabiriye CHOGM, abifuriza urugendo ruhire
- Gabon na Togo byabaye abanyamuryango bashya ba Commonwealth
- Hari abantu batari muri gereza bari bakwiye kuba bariyo - Perezida Kagame
- Igice kimwe cy’Isi ntigikwiye kugenera abandi indangagaciro - Perezida Kagame
- Ibibazo ntibihora ari iby’urubyiruko gusa, n’abakuze hari bimwe duhuriraho - Perezida Kagame
- Igikomangoma Charles n’umugore we Camilla birebeye imideri nyafurika
- Perezida Kagame yitabiriye umusangiro wateguwe n’Igikomangoma Charles
- #CHOGM2022: Ba Minisitiri b’Ububanyi n’amahanga baganiriye ku guhangana n’ingaruka za Covid-19
- Boris Johnson yifurije ishya n’ihirwe Perezida Kagame ugiye kuyobora Commonwealth
- Turi igihugu cyashenywe na Jenoside, ariko ubu cyarahindutse mu mutima, mu bwenge no ku mubiri - Perezida Kagame
- Perezida Kagame yakiriye ku meza abakuru b’Ibihugu bitabiriye CHOGM
- Abitabiriye #CHOGM2022 baryohewe n’umukino wa Cricket
- #CHOGM2022: Uko imihanda y’i Kigali ikoreshwa kuri uyu wa Gatanu
- Perezida Kagame yakiriye Ministiri w’Intebe w’u Bwongereza
- Imodoka zisaga 100 zikoresha amashanyarazi zirimo gutwara abitabiriye CHOGM
Ohereza igitekerezo
|