Perezida Kagame yaganiriye na Minisitiri w’u Bwongereza ushinzwe Commonwealth
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, kuri uyu wa Kane tariki 29 Mata 2021 yakiriye mu biro bye Intumwa y’u Bwongereza ishinzwe Umuryango Commonwealth w’ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza.
Minisitiri Tariq Ahmad na Perezida Kagame baganiriye ku myiteguro y’inama ya CHOGM ihuza ibyo bihugu, ikaba izabera mu Rwanda muri Kamena 2021.
Minisitiri Tariq Ahmad kandi yagiranye ibiganiro na Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga n’ubutwererane Dr. Vincent Biruta, ku bijyanye n’aho u Rwanda rugeze rwitegura iyo nama mpuzamahanga iri mu zikomeye u Rwanda ruzaba rwakiriye mu mateka yarwo. Minisitiri Tariq Ahmad ari mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri.
Ubusanzwe Inama ya CHOGM (The Commonwealth Heads of Government Meeting) ihuza abakuru b’ibihugu na za Guverinoma bihuriye muri Commonwealth, iba buri myaka ibiri, Inama iheruka yabaye mu 2018, ibera mu Bwongereza. Indi nama yagombaga kuba mu 2020 ikaba yaragombaga kubera mu Rwanda, ariko ntiyaba bitewe n’icyorezo cya Covid-19 ikaba ari yo yimuriwe muri uyu mwaka.
Minisitiri Tariq Ahmad yavuze ko u Bwongereza bwashimye akazi u Rwanda rumaze gukora rwitegura kwakira neza iyo nama ya CHOGM 2021 mu ituze n’umutekano.
Yavuze ko u Bwongereza bwiyemeje gushyigikira iterambere ry’u Rwanda, no kurufasha kubaka ubukungu bahamye n’iterambere rumaze kugeraho nyuma ya Jenoside rwanyuzemo mu myaka makumyabiri n’irindwi ishize”.
Minisitiri Tariq Ahmad kandi yasuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali ruri ku Gisozi, ashyira indabo ku mva ziruhukiyemo imibiri isaga ibihumbi 250 y’inzirakarengane zishwe muri Jenosid yakorewe Abatutsi mu 1994.
Inkuru zijyanye na: CHOGM RWANDA 2021
- Igikomangoma Charles n’umugore we Camilla birebeye imideri nyafurika
- Perezida Kagame n’Igikomangoma Charles baganiriye ku myiteguro ya CHOGM
- Amatariki Inama ya CHOGM izaberaho mu Rwanda yatangajwe
- Inama ya CHOGM yagombaga kubera mu Rwanda yongeye gusubikwa
- Abakora muri Hoteli zizakira abazitabira #CHOGM2021 bakingiwe #COVID19
- Umunyamabanga Mukuru wa Commonwealth yaje kureba aho imyiteguro ya #CHOGM2021 igeze
- Itsinda rya Commonwealth ryanyuzwe n’imyiteguro ya CHOGM 2021 mu Rwanda
- U Rwanda na Commonwealth bemeje itariki y’inama ya CHOGM 2021 izabera i Kigali
- U Rwanda rwiteguye guteza imbere imijyi nk’uko biteganywa na Commonwealth - Prof Shyaka
- Inama ya CHOGM yagombaga kubera mu Rwanda yasubitswe
- I Kigali hazamuwe ibendera rya Commonwealth (Amafoto)
- Kigali: Muri Remera hatangijwe Ubukangurambaga bw’isuku n’umutekano bugamije kwitegura CHOGM
- Amafoto: Kigali irimo kurimbishwa mu kwitegura inama ikomeye ya CHOGM
- CHOGM izasanga imijyi y’u Rwanda itatse Kinyarwanda
- Byemejwe ko inama ya Commonwealth 2020 izabera mu Rwanda
- Ibintu ICUMI utazi kuri Commonwealth ije i Kigali
- U Rwanda ruzakira inama ya ’Commonwealth’ ya 2020
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|