Perezida Kagame ayoboye Inama y’Abaminisitiri

Perezida wa Repubulika Paul Kagame, kuri uyu mugoroba tariki ya 30 Mutarama 2023 ayoboye Inama y’Abaminisitiri irimo kwiga ku ngamba na Politiki zinyuranye.

Perezida Kagame yayoboye Inama y'Abaminisitiri
Perezida Kagame yayoboye Inama y’Abaminisitiri

Muri iyi nama haranaganirwa ku byavuye mu ibarura rusange rya gatanu ry’abaturage n’imiturire, ryakozwe umwaka ushize wa 2022.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu byashyize itangazo kuri Twitter riherekejwe na video nto, igaragaza Abaminisitiri bagera muri Village Urugwiro bagahita batangira Inama iyobowe na Perezida Kagame.

Inama nk’iyi yaherukaga kuba tariki 11 Ugushyingo 2022, haganirwa ku ngingo zitandukanye zigamije kwihutisha impinduka mu mibereho n’ubukungu bw’Igihugu.

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri:

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Imyanzuro y’inama y’abaminisitiri mwatangaje hano niyabaye kuwa 30 Mutarama 2023. Mwajya mubisuzuma neza neza mbere yo kubishyira hanze cyane cyane ko bisomwa n’isi yose. Bigaragaza ko mutabyitondeye. Mujye mushyira umutima ku kazi kugirango dukomeze tubagirire ikizere. @[email protected] mba mbafashije akazi mukwiye kumpemba😉 Mwabikosora ,Murakoze turabakunda niyo mpamvu tubaha constructive feedbacks nkizi🙏

Thomas yanditse ku itariki ya: 24-03-2023  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka