Nyaruguru: Abatuye mu Rukore barifuza gutunganyirizwa umuhanda

Abatuye mu Kagari ka Rukore mu Murenge wa Muganza mu Karere ka Nyaruguru, bavuga ko bamaze kugera kuri byinshi babikesha kwibohora, igisigaye kikaba ari umuhanda muzima.

Umuhanda ujya ku Murenge wa Muganza uturutse ahitwa mu Kamirabagenzi warangiritse, aha hari mu hameze neza
Umuhanda ujya ku Murenge wa Muganza uturutse ahitwa mu Kamirabagenzi warangiritse, aha hari mu hameze neza

Bagaragaje iki cyifuzo ubwo tariki 4 Nyakanga 2023, batahaga ku mugaragaro amazi meza bagejejweho, akaba ari ku muyoboro w’ibilometero 13 ubu ugeza amazi meza ku baturage basaga ibihumbi bitatu.

Annonciata Mukarubuga yagize ati “Twiboneye amazi yari aduhangayitse kuko twavomaga ibiziba, ubu turavoma amazi meza. Twabonye ivuriro (poste de santé) ryari ritubabaje, ubu turivuriza hafi n’ababyeyi ntibakigera kwa muganga bibagoye. Igisigaye kitubabaje ni umuhanda.”

Umuhanda uyu mubyeyi avuga ni uturuka aho bita i Muganza, ukanyura ku biro by’Umurenge batuyemo wa Muganza, ugakomeza ukagera n’iwabo mu Kagari ka Rukore ndetse no mu Murenge wa Kivu.

Ni umuhanda ubundi uzamuka umusozi, ariko kubera ko wanyereraga cyane amakamyo aza kwikorera ibirayi ntabashe kuhagenda mu gihe cy’imvura (kariya gace kera ibirayi cyane), washyizwemo amabuye.

Ibi bituma amagare n’amamoto anyuramo biyagoye, bityo abahatuye bagahendwa cyane n’abamotari. Imodoka na zo zihagenda zitonze cyane.

Mukarubuga akomeza agira ati “Moto kuva aha kugera ku Munini ni ibihumbi bine. Nkatwe b’abakecuru iyo tuvuye nk’i Butare tukagera ku Munini mu masaa kumi n’imwe, dutangira kubunza imitima twibaza uko tubigenza kuko nanone umuntu ataza n’amaguru nijoro. Usanga abantu bajya gushaka icumbi kwa muganga. Umuhanda uratubabaje pe!”

Innocent Nzabakurana na we ati “Uwaduha umuhanda, akatuzanira n’imodoka noneho tukajya dutegera hafi, byadufasha.”

Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru, Emmanuel Murwanashyaka, avuka ko atavuga igihe uyu muhanda uzatunganyirizwa uyu munsi, ariko ko na wo bawutekerezaho.

Ati “Iby’umuhanda bisaba ingengo y’imari ihagije. Ubu sinavuga ngo uzakorwa igihe iki n’iki, ariko na byo bizatekerezwaho kuko ahagejejwe ibikorwa remezo hazana iterambere hakanahindura imibereho y’abaturage.”

Abatuye mu Rukore bavuga ko kwibohora byabagejeje kuri byinshi harimo kwegerezwa amazi meza, ariko ngo uwabatunganiriza n'umuhanda
Abatuye mu Rukore bavuga ko kwibohora byabagejeje kuri byinshi harimo kwegerezwa amazi meza, ariko ngo uwabatunganiriza n’umuhanda

Muri uyu mwaka w’ingengo y’amari urangiye wa 2022-2023, mu Karere ka Nyaruguru hatunganyijwe imihanda iri ku bilometero hafi 70. Muriyo hari iyashyizwemo kaburimbo iciriritse ari yo Munini-Kamana-Gatunda w’ibirometero 19 na Nyagisozi-Rusenge-Ngera w’ibirometero 15.

Hatunganyijwe kandi imihanda y’ibitaka Gashinge-Giswi-Nshili KivuTea Factory-Kabere w’ibilometero 21 na Nyabimata-ADENYA-Bigugu w’ibilometero 13.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka