Nyaruguru: Abakuru b’imidugudu yo mu mirenge ikora kuri Nyungwe bahawe amagare
Abakuru b’imidugudu 93 igize imirenge ya Ruheru, Nyabimata, Muganza na Kivu mu Karere ka Nyaruguru, bahawe amagare kuri uyu wa Kane tariki 02 Nyakanga 2020.


Aya magare bayashyikirijwe n’umuyobozi w’Ingabo z’u Rwanda mu Ntara y’’Amajyepfo, Major General Emmy Ruvusha, wababwiye ko bayagenewe n’Umukuru w’Igihugu kubera uruhare bagize mu rugendo rwo kwibohora.
Yaboneyeho kubasaba gukomeza gukora neza umurimo wabo, batanga amakuru ku bidasanzwe babonye byose, bakanabitoza abo bayobora, mu rwego rwo kubungabunga umutekano w’aho batuye.
Yagize ati "izo modoka z’amapine abiri muzajye muzifashisha mu kugera henshi hashoboka, kandi namwe hagati yanyu mujye munafatanya. Ni byo bizatuma mubasha kurinda neza umutekano w’abo muyobora, kandi ni cyo abayobozi baberaho."

Yagarutse no ku kuba kuwa gatandatu ushize tariki ya 27 Kamena 2020, abatuye mu Mudugudu wa Yanza baraye batewe n’abaturutse i Burundi, hari abaturage ubwabo bifatiye umwe mu bari bateye wari ukihishe mu giturage, ashima ubufatanye bagaragaje.
Ati "Byagaragaje ko mukora. Nimureke duashyire hamwe, twongere tuzamure amarondo. Si irondo rihangana, ahubwo iritungira agatoki inzego z’umutekano ngo ngaba. Si irondo risinzira, ahubwo irigaragaza ibidasobanutse byose, inzego z’umutekano zikikurikiranira."
Abahawe amagare bashimye ishimwe bagaragarijwe na Perezida w’u Rwanda, banavuga ko ribateye ishyaka ryo kurushaho gukora neza.
Emmanuel Nubahimana, umukuru w’umudugudu wa Nyacyonga mu Murenge wa Ruheru, yagize ati "Tugiye kurushaho kugera kure, dukora byinshi bitanga umusaruro."

Josephine Kaminani uyobora Umudugudu wa Nyagisenyi mu Murenge wa Muganza, afite imyaka 42. Ntazi igare, ariko ngo agiye kuryiga ku buryo azajya aryifashisha, haba mu kugenderera bagenzi be ngo bajye inama ndetse no kujya mu nama zinyuranye.
Amagare nk’ayatanzwe mu mirenge ine y’i Nyaruguru, yatanzwe no mu yindi mirenge ikora kuri Nyungwe yo mu Ntara y’Amajyepfo no mu y’Uburengerazuba. Ayatanzwe muri rusange ni 589.
HE The President of the Republic of Rwanda and Commander-in-Chief of RDF donates 589 bicycles to village leaders in appreciation for their support to security https://t.co/2forB7meSv pic.twitter.com/vlfJsi9UAr
— Rwanda Defence Force (@RwandaMoD) July 2, 2020
Inkuru zijyanye na: kwibohora26
- Perezida Kagame yashimiye ababohoye u Rwanda
- Tariki 01 Ukwakira 1990: Twibukiranye amateka y’urugamba rwo kubohora u Rwanda
- Gupfusha abasirikare n’abayobozi ntibyaduciye intege – General Kabarebe
- Kibonge cya Musituni ntiyaciwe intege no kwiga wenyine mu bana 23 bavukana
- Rwamagana: Barishimira imihanda ya Kaburimbo yongerewe mu mujyi n’inzu zubakiwe abatishoboye
- Ruhango: Abatishoboye bubakiwe inzu zizatuma bagira imibereho myiza
- Uyu musozi waradufashije kuko twabaga tureba ibirindiro byose by’umwanzi - Lt Col (Rtd) Ndore Rulinda
- Muhanga: Inzu z’abatishoboye n’ibiraro byo mu kirere bujuje ni intambwe ishimishije mu kwibohora
- Mfite icyizere cyo kuzandika amateka ku rugamba rwo kwibohora – Perezida Kagame
- #Kwibohora26: Iburengerazuba bibanze ku gukemura ibibazo bibangamiye imibereho y’abaturage
- Uyu munsi ndamutse mpfuye nabwira ababyeyi banjye ko ibyo barwaniye byagezweho – Tom Close
- Gisagara: Barashimira Perezida Kagame kubera ikusanyirizo ry’amata begerejwe
- Kamonyi: Barishimira umuyoboro w’amazi meza n’inzu z’abatishoboye bujuje
- Intama yagaragaye hamwe n’Inkotanyi ntiyari umupfumu wacu - Gen. Kabarebe
- #Kwibohora26: Ibikorwa biteza imbere abaturage byatwaye Miliyari 88 FRW
- Nyagatare: Mu ruzinduko rwa Perezida Kagame hagarutswe ku ishingwa ry’umutwe w’ingabo zabohoye igihugu
- #Kwibohora26: Ibikorwa remezo bya Siporo byariyongereye, Abanyarwanda barasusuruka
- Kurwanya COVID-19 ni urundi rugamba tugomba gutsinda - Perezida Kagame
- Nyagatare: Perezida Kagame yasobanuriwe impamvu ibitaro bya Gatunda byadindiye
- Impundu zitashye i Butahwa
Ohereza igitekerezo
|
Mwatubariza muri minister Nina Hari gahunda yoguhemba abayobozi bimidugudu? Mrkoze
nifuzagako mwaza dusura mumurenge wa muganza muri nyaruguru dufite ikibazo ntamuriro dufite mukagari ka rukore mumu dugudu warwishywa murakoze