Nyanza: Horizon Express yari ihitanye umumotari mu mvura y’utujojoba

Imodoka ya kompanyi Horizon Express yari itwaye abagenzi, yavaga mu mujyi wa Kigali ijya mu karere ka Nyanza ku mugoroba wa tariki 12/10/2012, yari ihitanye umumotari mu mvura yari itangiye kujojoba aka karere.

Uwo mumotari yari kuri moto yambaye purake RB 699 N ageze mu ikorosi riva mu mujyi wa Nyanza akubitana n’imodoka ya Horizon Express ifite purake RAB 548, iramuhutaza aranakomereka bikomeye.

Impanuka ikimara kuba Juma Shirubute wari utwaye iyo moto yahise akorerwa ubutabazi bw’ibanze, agezwa mu bitaro bya Nyanza abifashijwemo n’umushoferi w’iyo bisi uzwi ku izina Pasteur.

Twagirimana Jean Pierre, wari mu mododa yicaye hafi y’umushoferi, yavuze ko ntako atagize ngo babisikane ariko umumotari akitambika imbere y’imodoka yageragezaga kumuhunga ariko bikaba iby’ubusa.

Polisi yahageze impanuka ikimara kuba isanga umumotari yajyanwe gukorerwa ubutabazi bw'ibanze mu bitaro bya Nyanza
Polisi yahageze impanuka ikimara kuba isanga umumotari yajyanwe gukorerwa ubutabazi bw’ibanze mu bitaro bya Nyanza

Ati: “Umushoferi akibona ko umumotari asa nk’ushaka kwiyahura yamuhunze ariko undi agenda arushaho kumusatira nicyo cyateye impanuka gusa umunsi we ntiwari wageze naho ubundi yagombaga gupfa nta kabuza”.

Inshuti n’abavandimwe baho uwo mumotari atuye bahise bihutira kumugeraho kwa muganga ariko ntibabasha kumubona ngo barebe uko iyo mpanuka yamugize, kuko yari acyitabwaho n’abaganga.

Moto yavanwe mu muhanda yangiritse.
Moto yavanwe mu muhanda yangiritse.

Bamwe muri bo bavuga ko Juma Shirubute nta bibazo yari afite mu buzima bwe bwari busanzwe ku buryo byatuma agerageza kwiyahura mu modoka, nk’uko abari muri iyo modoka yamugonze babimushinjaga.

Mu modoka ya Horizon Express nta muntu n’umwe wigize agira icyo aba usibye kwangirika kwayo kwabayeho amatara y’imbere akavamp na moto yahise yangirika bikabije.

Jean Pierre Twizeyeyezu

Ibitekerezo   ( 2 )

ha ha ha Eva arantangaje pe uzi kwitegereza bya hatari kuko Afande nanjye ndabona yumiwe

yanditse ku itariki ya: 17-10-2012  →  Musubize

ko mbona afande byamutangaje se nibwo yarabonye impanuka bwa mbere!!!!!!!.

eva yanditse ku itariki ya: 13-10-2012  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka