Nyamasheke: Igituma byose bishoboka ni Abanyarwanda barangwa no kubaza impamvu- Perezida Kagame

Perezida Kagame uru wagendereya abaturage bo mu Karere ka Nyamasheke kuri uyu wa 29 Kamena 2015 yabawiye ko imyumvire y’Abanyarwanda yahindutse ku buryo ntawe ukibasha kubashuka kuko ubu ngo usigaye ubabwira bakakubaza impamvu y’ibyo ubabwira.

Kumenya kubaza “kuki” ngo bituma Umunyarwanda abasha gusobanukirwa n’ibyo umubwira n’impamvu yabyo.

Perezida Kagame asanga ntawashuka Umunyarwanda kuko umubwira ijambo akabanza kukubaza impamvu y'ibyo umubwira.
Perezida Kagame asanga ntawashuka Umunyarwanda kuko umubwira ijambo akabanza kukubaza impamvu y’ibyo umubwira.

Agira ati “Kera ntawa bazaga; umuntu yarazaga akakubwira ngo hariya hari umwanzi kandi ari mugenzi wawe bavuga, ngwino tujye kumutera”.

Perezida Kagame avuga ko ubuyobozi bubi butemera ababusobanuza impamvu y’ibyo bakorerwa, kandi ko uzababwira indi politiki batazayemera niba atazemera ko bamubaza “kuki?”, kuko agomba kubanza kubasobanurira.

Perezida Kagame agira ati “Umuntu wajya kubwira Abanyarwanda ibyiza bagomba kuba bakora adasobanuye impamvu ahagaze mu birometero ibihumbi 10 abungera, uwo yavuga ko atekerereza igihugu ate”?

Perezida Kagame yashimiye abaturage ba Nyamasheke uburyo bashoboye kwiteza imbere ariko abibutsa ko iby'ingenzi bikiri imbere.
Perezida Kagame yashimiye abaturage ba Nyamasheke uburyo bashoboye kwiteza imbere ariko abibutsa ko iby’ingenzi bikiri imbere.

Umukuru w’igihugu asaba abaturage gukoresha ibikorwa remezo begerejwe kubikoresha kugira ngo bibashe gufasha kubona ibindi bikorwa remezo byifuzwa, harimo n’imihanda.

Ahereye ku bikorwa byifuzwa, Umukuru w’Igihugu yabwiye abanyamasheke ko byose mu gihe gito biba byabonetse.

Bamwe mu bagore bari bazanye ibisabo mu rwego rwo kwereka Perezida kagame ko bishimira gahunda ya Gira inka yabagejejeho.
Bamwe mu bagore bari bazanye ibisabo mu rwego rwo kwereka Perezida kagame ko bishimira gahunda ya Gira inka yabagejejeho.

Perezida Kagame yanemereya Ibitaro bya Nyamasheke amacumbi y’abaganga ndetse na internet. Yagize ati “Bahoze bambwira ko internet itahagera, mu gihe gito abayishinzwe nibatayigeza ku ivuriro turaza kumvikana nabi kuko nziko bishoboka kandi sinakoresha abantu ibintu bidashoboka”.

Ephrem Murindabigwi

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka