Nyamagabe: Bafite impungenge z’amazi yayobowe aho batuye hakorwa umuhanda Huye - Kitabi

Hari abatuye mu Mudugudu wa Nyarusange mu Murenge wa Gasaka mu Karere ka Nyamagabe, bavuga ko amazi ava muri kaburimbo bayoboreweho ahitwa mu Ironderi agenda akora umukoki aho batuye, ku buryo bafite ubwoba ko uzagera aho ukabasenyera.

Umukoki urushaho kwikora aho batuye bagatinya ko uzabasenyera
Umukoki urushaho kwikora aho batuye bagatinya ko uzabasenyera

Ubundi umuhanda Huye-Kitabi utarasubirwamo, aho batuye ngo hari hasanzwe hamanukira amazi, ariko atari menshi nk’uko byifashe ubungubu. Kandi biterwa n’uko iwabo ari ho hashyizwe umuyoboro uyakura muri kaburimbo.

Uwitwa Appolinaire Bajyanama we ngo aya mazi yanamusenyeye igikoni n’ubwiherero ku buryo ubu yongeye kubaka bundi bushya.

Agira ati “Urabona igikoni na douche ni amabati. Mbere cyari amategura, imvura nyinshi yaguye muri 2018 ni yo yagisenye kubera amazi menshi yamanukaga ahangaha.”

Aya mazi yigeze no kwinjira mu rugo rwa Théoneste Hitimana, nk’uko bivugwa n’umugore we agira ati “Amazi yaruzuye aza mu rugo, no mu nzu ageramo. Noneho bagiye mu nama umuyobozi w’umudugudu arabivuga, abakozi b’Abashinwa baza tugira ngo baje kuhubaka ruhurura, baracukura baringendera.”

Akomeza agira ati “Umukozi w’Akarere uhaheruka yaratubwiye ngo twandikire meya. Twaranditse ariko na n’ubu ntibaradusubiza.”

Bajyanama amwunganira agira ati “Abo ku Murenge barafotoye, abo ku Karere barafotoye, ariko na n’ubu nta gisubizo turabona.”

Iyi nzu ngo ni indi nshyashya Appolinaire Bajyanama yubatse nyuma y'uko amazi y'imvura yamusenyeye
Iyi nzu ngo ni indi nshyashya Appolinaire Bajyanama yubatse nyuma y’uko amazi y’imvura yamusenyeye

Umuferege wacukuriwe amazi amanukira muri ako gace ugenda urushaho gucukuka uko imvura iguye, ku buryo abahaturiye bafite impungenge ko amaherezo hazaba umukoki uzagera aho ukabasenyera.

Abo baturage bahorana impungenge ko igihe imvura iri kugwa amazi ashobora kuzabatwarira abana, kuko haba hamanuka amazi menshi. Uretse ko ngo n’igihe imvura itari kugwa abana bashobora kugwamo bakavunika, dore ko ngo hari n’uwigeze kugwamo akavunika.

Patrick Emile Baganizi, umuyobozi mukuru wungirije muri RTDA, avuga ko ikibazo cy’amazi aturuka mu muhanda agasenyera abantu kitari hariya i Nyarusange gusa, ahubwo kigenda kiboneka n’ahandi hakorwa imihanda, kandi ko batangiye kugishakira igisubizo.

Ati “Ubundi imihanda myinshi cyangwa hafi ya yose igiye ifite ikibazo cy’aho amazi asohoka mu muhanda ajya mu mirima cyangwa se mu mitungo y’abaturage, kuko igihe yubakwaga haba hatarateganyijwe uburyo amanuka akagera mu kabande.”

Akomeza agira ati “Kuyamanura, ukayakurikirana akenshi bitwara amafaranga menshi, ariko ubungubu mu mishinga mishyashya turimo gukora uko dushoboye kugira ngo tuyamanure tuyageze mu kabande atagize icyo yangiza.”

Amazi agenda akora umukoki watumye bashyiraho n'uturaro
Amazi agenda akora umukoki watumye bashyiraho n’uturaro

Avuga kandi ko ku mihanda yarangiye ibyo bitaratangira, bari gukorana n’ikigo Water Board, ndetse na Minisiteri y’ibidukikije, kugira ngo hakorwe isesengurwa ry’icyo kibazo ku mihanda yose, harebwa ingano y’ahakeneye kubakwa n’amafaranga byatwara.

Iryo sesengura ngo bararitangiye, kandi nirirangira bazagenda bakora imiyoboro igeza amazi mu kabande bahereye ku yo babona yihutirwa kurusha.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka