Nyagatare: Uko Ishimwe watangiye kunywa urumogi yiga amashuri abanza, yatangiye ubuhinzi bw’umwuga
Umusore witwa Ishimwe Hubert wo mu karere ka Nyagatare arasaba urubyiruko kwirinda ibigare by’inshuti mbi, kuko bishobora kubashora mu ngeso mbi, bikabicira ubuzima.
Yabivuze kuwa gatatu 26 Kamena 2019, ubwo hasozwaga icyumweru cyahariwe kurwanya ibiyobyabwenge.
Ishimwe avuga ko yatangiye kunywa urumogi yiga mu mwaka wa gatanu w’amashuri abanza, abihawe n’uwari inshuti ye magara.
Avuga ko yatangiye barusangira, birangira amenye aho arurangura nawe atangira kurucuruza.
Avuga ko yataye ababyeyi ajya kwibera muri Kigali kubera ko bamucyahaga, ariko nyuma aza gufatwa ajyanwa mu kigo ngororamuco cya Iwawa, akaboneraho kugira ainama urubyiruko zo kwirinda ibigare.
Ati “Natangiye kunywa urumogi na za kanyanga kubera inshuti mbi nkiri muto. Navuye iwacu njya i Kigali, nabayeho nabi ndya ibyatawe mu kimoteri nyamara iwacu ntacyari kibuze. Urubyiruko rwirinde ibigare n’inshuti mbi.”
Ishimwe avuga ko avuye Iwawa yasubiye mu mashuri atitaye ko abo biganaga bari bayageze kure, ubu akaba yarasoje ayisumbuye.
Ubu ni umucuruzi woroheje, afatanya n’ubuhinzi bw’umwuga yigiye Iwawa.
N’ubwo ubucuruzi bwe n’ubuhinzi akora bitaratera imbere cyane, Ishimwe avuga ko ubu ibikorwa bye bifite igishoro kibarirwa mu bihumbi 500 by’amafaranga y’u Rwanda, kandi ko akomeje urugamba rwo gukora akiteza imbere.
Ishimwe kandi asaba Minisiteri y’urubyiruko ko yifuza kuzenguruka igihugu cyose abwira urubyiruko ububi bw’ibiyobyabwenge, kugira ngo barusheho kubyirinda.
Minisitiri w’Urubyiruko Rosemary Mbabazi, we avuga ko mugihe Abanyarwanda bitegura kwizihizwa ku nshuro ya 25 umunsi wo kwibohora, bakwiye kwibohora ingeso mbi zose zidindiza iterambere cyane cyane ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge.
Minisitiri Mbabazi agira ati “Ubu turi mu rugamba rwo kwiteza imbere, turifuza ko twagira ubukungu bwiza ariko buzira ibiyobyabwenge, no kwibohora ku bukene, ku biyobyabwenge izo ngeso mbi zose zidusubiza inyuma nizo twibohoraho cyane.”
Musenyeri Alex Birindabagabo avuga ko kurandura ibiyobyabwenge bidakwiye kubamo imikino, ngo biharirwe Polisi y’igihugu gusa, kandi bireba buri Munyarwanda.
Agira ati “Abanyarwanda twese duhagurutse, amadini yose agahaguruka, abaturage bose bagahaguruka ntabwo byatunanira mu gihe kitari kirekire twaba tubirangije.”
Musenyeri Birindabagabo avuga ko impamvu ibiyobyabwenge bidacika ari uko kubikumira byahariwe Polisi y’igihugu gusa.
Avuga ko ari umwana, umuturage n’ubuyobozi babigizemo uruhare ababicuruza babura aho babicururiza bakabicikaho.
Mu gusoza icyumweru cyahariwe kurwanya ibiyobyabwenge, mu karere ka Nyagatare hangijwe ibiyobyabwenge binyuranye, bifite agaciro ka miliyoni hafi 12 z’amafaranga y’u Rwanda.
Inkuru zijyanye na: kwibohora25
- MIFOTRA itangaje umunsi w’ikiruhuko kuri uyu wa gatanu
- Abanyarwanda twese twari tuboshye - Yolanda Mukagasana
- Kigali: Ibirori by’umunsi mukuru wo kwibohora byari bibereye ijisho (Amafoto + Video)
- Akababaro k’impunzi n’ikandamizwa ry’abari mu gihugu byabaye intandaro y’urugamba rwo kwibohora
- Kwibohora k’u Rwanda mu maso y’umunyabugeni
- Kwibohora25: Kigali Arena n’ ikibuga cya Cricket ku isonga mu bikorwa remezo bya siporo n’imyidagaduro
- Kwibohora25: Ibikorwa by’Ingabo byatumye Leta izigama arenga miliyari 12
- Ibitaramo ‘Inkotanyi ni Ubuzima’ bihura na gahunda yo Kwibohora 25- Bonhomme
- Perezida Kagame ntiyemeranya n’abavuga ko hari ibice by’isi byaremewe gukena
- Kwibohora25: Perezida Kagame yatashye umudugudu wa Karama wuzuye utwaye miliyari 8Frw
- Col. Rugazora yasobanuriye urubyiruko ubutumwa bw’igitabo Perezida Kagame yasohoye
- Ubutumwa bwa bamwe mu bahanzi bazitabira igitaramo cyo Kwibohora 25
- Perezida Kagame yagarutse ku mateka y’Ingoro y’Inteko ishinga amategeko mu rugamba rwo kubohora u Rwanda (Video)
- Hakurikiyeho urugamba rwo gukomeza gusobanura ibyo dukora - Perezida Kagame
- Ndabashimira bana b’ u Rwanda mwabohoye urwa Gasabo
- #Kwibohora25 : Inzu ibitse amateka menshi y’urugamba mu isura nshya
- Ingabo zo muri Afurika y’Iburasirazuba zirimo kuvura abaturage mu Rwanda ku buntu
- Gasabo: Kwibohora mu miturire n’uburezi birarangirana na 2019/2020
Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
TWUBAKE URWACU RUZIRA IBIYOBYABWENGE