Nyagatare: Imvura yasenye inzu 33 n’insengero eshatu

Ahagana saa kumi n’ebyiri z’umugoroba wo ku wa kabiri tariki 29 Mutarama 2019, imvura ivanze n’umuyaga yibasiye utugari twa Mahoro na Gakoma two mu Murenge wa Mimuli inzu 36 z’abaturage n’insengero eshatu bivaho ibisenge.

Abaturage basigaye iheruheru
Abaturage basigaye iheruheru

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mimuli, Bandora Emmanuel, yabwiye Kigali Today ko izo nsengero zangiritse harimo ebyiri za ADEPR na rumwe rwa EAR.

Ku bw’amahirwe ariko ngo nta muntu wakomeretse.

Uwo muyobozi yasobanuye ko abasenyewe bacumbikiwe n’abaturanyi babo kugeza igihe habonekera ubufasha bwa Leta.

Insengero eshatu zangiritse
Insengero eshatu zangiritse

Hangiritse kandi intoki ariko ubuso bwangiritse ntiburamenyekana.
Bandora Emmanuel uyobora Umurenge wa Mimuli asaba abaturage kubaka ariko bakanibuka kuzirika inzu zabo ndetse bagatera n’ibiti bizikikiza kugira ngo hirindwe umuyaga.

Intoki na zo zangiritse bikomeye
Intoki na zo zangiritse bikomeye
Inzu 33 zangijwe n'imvura ivanze n'umuyaga
Inzu 33 zangijwe n’imvura ivanze n’umuyaga
Inzu nyinshi mu zangiritse zavuyeho ibisenge
Inzu nyinshi mu zangiritse zavuyeho ibisenge
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka