Nyagatare: Batatu bari mu maboko ya RIB bakekwaho ubujura bw’inka

Kuva ku wa Gatatu tariki ya 12 Gicurasi 2021, abagabo batatu bari mu maboko ya RIB Sitasiyo ya Rwimiyaga bakekwaho ubujura bw’inka, bakaba barafashwe bagiye kuzipakira imodoka bafatirwa mu Kagari ka Karushuga.

Zimwe mu nka zari zibwe zabonye ba nyirazo
Zimwe mu nka zari zibwe zabonye ba nyirazo

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rwimiyaga, Gatunge Sam, avuga ko bafashwe kubera amakuru yatanzwe n’abaturage.

Avuga ko mu makuru bamaze kumenya ari uko izo nka zari zijyanywe i Rwamagana ku mucuruzi w’umugore.

Ati "Bafashwe mu ma saa kumi z’igicamunsi bari bazishyiriye umugore w’i Rwamagana, ari we bavuganaga ngo azigure".

Gatunge avuga ko mu rwego rwo gukumira abajura b’inka bamaze gushyiraho urubuga ruhuriwemo n’aborozi kugira ngo uwibwe amenye ikibazo hakiri kare.

Agira ati "Twashyizeho urubuga rwa WatsApp ruhuza aborozi ba Rwimiyaga kugira ngo tujye turushaho guhanahana amakuru, bityo uwibwe amatungo ye ashakishwe hakiri kare".

Abasaba na none gushyiraho uburyo bwo kuyarinda no gukaza amarondo kugira ngo n’abajura babure inzira banyuzamo ibyibwe.

Mu nka zirindwi zari zibwe, enye zamaze kubona ba nyirazo, izindi eshatu zikaba zikiri ku biro by’Umurenge wa Rwimiyaga mu gihe zitarabona ba nyirazo.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

ubu byibuze ubwo ntaguhisha,amasura y abagizi banabi biratuma,abantu bazajya bamenya uko babirinda

lg yanditse ku itariki ya: 14-05-2021  →  Musubize

Ehh gushimita inka biracyabaho?

Luc yanditse ku itariki ya: 14-05-2021  →  Musubize

KORORA BIRAVUNA ABOBAJURA ICYAHA NICYIBAHAMA HAZUBAHIRIZWE ITEGEKO IKINDI URWORUBUGA RUGERE MUTURERE TWOSE.

MUPENZI CALLIXTE yanditse ku itariki ya: 13-05-2021  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka