Nyagatare: Arasaba ko imparage zimaze imyaka ibiri mu rwuri rwe zakurwamo

Umworozi mu mudugudu wa Kayange, Akagari ka Ndama, mu Murenge wa Karangazi arasaba Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) kumukiza imparage amaranye imyaka ibiri mu rwuri rwe rurimo n’inka, kuko hari ibyo zimwangiriza zikanamuteranya n’abaturanyi.

Izo mparage ziba ziri hamwe n'inka mu rwuri
Izo mparage ziba ziri hamwe n’inka mu rwuri

Umuhungu we Mazimpaka Fred ukunze kuba muri urwo rwuri, avuga ko izo mparage zaje mu rwuri rwabo mu mwaka wa 2019, ziza ari enye zirahabyarira zikaba zimaze kuba zirindwi (7).

Avuga ko zibabangamiye cyane ku buryo yifuza ko RDB yazihakura kuko zibateranya n’abaturanyi kandi batabasha kuzirukana.

Ati "Zirya umunyu mba naguriye inka, zirandira ubwatsi aho zirisha hakabaye harisha inka zanjye. Ikiruse byose zinteranya n’abaturanyi kuko zipfumura uruzitiro rwanjye buri gihe noneho inka zikahaca zikajya konera abaturanyi bakandihisha".

Akomeza agira ati "Icyifuzo ni uko batwara izi nyamanswa zabo kuko zirandembeje, sinkizibashije, ngura amazi y’inka urabona imvura yarabuze na zo zikayanywa, RDB se izansubiza ko nyororeye?"

Umukozi wa RDB ushinzwe Pariki z’igihugu no kubungabunga ibinyabuzima, Ngoga Theresphore, avuga ko izo nyamanswa ari inyamahoro, bityo n’uwo mworozi yakwihangana kugeza igihe bizashobokera zigahindirwa muri Pariki.

Avuga ko ariko uwo mworozi abishatse yabisabira uburenganzira akazororera mu mwanya we kuko itegeko ribyemera, gusa hakarebwa niba afite ubushobozi bwabyo.

Agira ati "Imparage ntizona ubwatsi bwinshi kandi aho zirisha ntizibangamirana n’inka. Yenda ikibazo ni umunyu niba awuraza mu rwuri kuko ntakitawukunda. Ariko niba zisenya uruzitiro inka zikahaca zikonera abandi ni ikibazo twabonera igisubizo bidakuruye amakimbirane."

Ngoga avuga ko bazasura uyu mworozi bakarebera hamwe icyakorwa.

Ikindi ni uko mu gihe imparage ubwazo ziramutse zonera abaturage bakamurihisha, baba bamuhohoteye kuko hari ikigega gishinzwe kwishyura ibyangijwe n’inyamanswa.

Yifuza ko ababishinzwe bazisubiza muri pariki
Yifuza ko ababishinzwe bazisubiza muri pariki

Ikindi kibazo ni uko Imparage zitoga kandi zikaba zitera uburondwe, nk’uko Kigali Today yabitangarijwe n’abashinzwe ubuvuzi bw’amatungo, icyakora na none ngo ntizatera uburenge kuko zitagira icyara.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 5 )

icyazimpa byibura nanjy murwuri

alias yanditse ku itariki ya: 10-01-2022  →  Musubize

NDABONA AKWIRIYE GUHABWA UBURENGANZIRA KURIZO AGAFASHWA KUZITIRA UBUNDI BAMUCYERARUGENDO BAKAMUSURA BAKAMWISHYURA AGATANGA IMISORO

N E GATSIBO yanditse ku itariki ya: 9-01-2022  →  Musubize

Ariko nyamara ndumva agenze gake yazibyaza umusaruro Imana yamwigiye umushinga ahubwo

Eugene yanditse ku itariki ya: 9-01-2022  →  Musubize

Abonnement uburenganzira yazigira ate!!musobanure niba ziribwa cyangwa niba zikamwa cyangwa niba abazisura bamwishyura kuko korora bisaba ko havamo inyungu cyangwa RDB imwishyure avanemo inka ze zihagume nawe azijyane ahandi

lg yanditse ku itariki ya: 8-01-2022  →  Musubize

Intare nizihagera zizijyana.

Alias yanditse ku itariki ya: 8-01-2022  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka