Nyabihu: Meya n’uwari umwungirije beguye
Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu Uwanzwenuwe Théoneste n’uwari umwungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Mukansanga Clarisse bamaze kwegura ku mirimo.

Amakuru agera kuri Kigali Today avuga ko beguye ku mpamvu zabo bwite ariko ababikurikiranira hafi bemeza ko bifite aho bihuriye n’amagambo uyu Mukansanga yavuze ubwo muri aka karere bibukaga.
Uwanzwenuwe Theonetse yabwiye Kigali Today ko kwegura ari impamvu ze ku giti cye.
Ati “Nahoze ndi umurezi kandi nubu ntawabinkuyemo, nibyo nize, nakoze, nshobora no kubisubiramo ngakomeza kurerera igihugu, nabwo ni uburyo bwiza bwo kugikorera.”
Uwanzwenuwe abajijwe niba kwegura kwe ntaho bihuriye n’ikibazo cy’umuyobozi wari umwungirije yavuze ko ntaho bihuriye.
Ati “Ntaho bihuriye kuko umuntu amenya ibye, gusa sinzi impamvu bihuriranye, ariko njye nta kibazo nari mfite.”
Ubwo bari mu gikorwa cyo kwibuka ku itariki 12 Mata 2018, Mukansanga yanze buji bari bamuhereje avuga ko we atayikeneye ahubwo ikwiye guhabwa abafite ababo bibuka.
Ayo magambo ntiyashimishije abenshi mu bayumvise bari muri icyo gikorwa, bituma umuryango uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside IBUKA usaba ko yegura ndetse bakaba baratangiye no kumukoraho iperereza.
Uwanzwenuwe na Mukansanga beguye bakurikira uwari umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe Imari n’ iterambere n’Umunyamabanga nshingwabikorwa w’ akarere nabo beguye bavuga ko ari impamvu zabo.
Ariko byakomeje guhwihwiswa ko bishobora kuba biterwa n’amakosa bakoze mu kazi n’arebana n’inyubako y’akarere.
Inkuru zijyanye na: abameya begura
- Icyo Kaboneka avuga ku kwegura kw’abayobozi kwiswe ’Tour du Rwanda’ (PODCAST)
- Huye: Uwamariya Veneranda yagizwe Meya w’agateganyo
- Minisitiri Kaboneka yahakanye iby’uko Abameya bashyirwaho kuri ‘TEKINIKI’
- Gicumbi: Umunyamakuru agizwe Meya w’agateganyo
- Gicumbi: Meya w’agateganyo na we yeguye atamazeho icyumweru
- Huye: Gusuzugura inama Njyanama bitumye Komite Nyobozi yirukanwa
- Nyagatare: Komite nyobozi y’akarere na yo ireguye
- Komite nyobozi ya Bugesera yose yeguye
- Gicumbi: Umuyobozi w’Akarere n’abamwungirije begujwe
- Ruhango: Akarere kabonye abayobozi bashya
- Rwakazina Marie Chantal atorewe kuyobora Umujyi wa Kigali
- Nyabihu: Umuyobozi w’ikigo cy’ishuri atorewe kuyobora akarere
- Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi na we yeguye
Ohereza igitekerezo
|
MWARAMUTSE BANDITSI, MAYOR NTAGO YABA YARANZE KWAKIRA URUMURI AHAWE NABANA ARIBO RWANDA RWEJO HAZAZA NGO ABASHE KURERERA IGIHUGU NAMWE MURUMVA UBUEREZI YABAHA NI IBIMURIMO AHUBWO BENE UWO ABA AKWIRIYE KWIGWAHO NABABISHINZWE KUKO AFITE INGENGABITEKEREZO NIBA MWARAKURIKIRANYE IGIHE BIBUKAGA ABANA BAKAMUHA RUMURI RWIKIZERE IJAMBO YAVUZE NGO NI BARUHE ABAFITE ABO BIBUKA UWO SEVAMO UMUREZI BWOKO KI?
Ahubwo nibakurikiranwe hari ikiheshe inyuma yo kwegura ntibishoboka kwegurira rimwe bose?
amazina yabo bayobozi beguye mbere ni ayahe?
ntibyumvikana uko abayobozi bombi begurira rimwe kdi buriwese afite impamvu ze bwite.nukubeshya bakurikiranwe harebwe ibijyanye niyegura ryabo.uwo mugore avuge amagambo nkayo,ari n’umuyobozi? birababaje pe.nawe akurikiranwe aryozwe ibigambo bye.
Meya azize kwifatanya na Visi Mayor we.