Nubwo urugamba rwo kubohora igihugu twarutsinze, urugendo ruracyakomeza - Madamu Jeannette Kagame
Mu gihe kuri iyi tariki ya 04 Nyakanga 2020 u Rwanda rwizihiza isabukuru y’imyaka 26 rumaze rwibohoye, Madamu Jeannette Kagame yagaragaje ko igihugu cyabohowe, ariko ko urugendo rukomeje.
Mu butumwa bwe, yagize ati “Nubwo urugamba rwo kubohora igihugu twarutsinze, ntitwakwirengagiza ko urugendo rugikomeza. Ibi bisobanuye ko n’ubwo Umunyarwanda yabohowe, ariko agomba kubaho neza, akagira aho aba, akivuza neza, agatura heza, kandi byose akabigiramo uruhare."
"Nubwo urugamba rwo kubohora igihugu twarutsinze,ntitwakwirengagiza ko urugendo rugikomeza,ibi bisobanuye ko n'ubwo Umunyarwanda yabohowe, ariko agomba kubaho neza, akagira aho aba, akivuza neza, agatura heza, kandi byose akabigiramo uruhare."- Nyakubahwa Madamu Jeannette Kagame pic.twitter.com/fW9gseaO61
— First Lady of Rwanda (@FirstLadyRwanda) July 4, 2020
U Rwanda muri uyu mwaka wa 2020 rurizihiza isabukuru yo Kwibohora rugendera ku nsanganyamatsiko igira iti “Kwibohora Twubaka u Rwanda Twifuza.”
Nyuma y’urugamba rwo kubohora igihugu, muri iki gihe urugendo rukaba rukomereje mu kwibanda ku bikorwa by’iterambere ry’Igihugu muri rusange, ndetse n’iry’abaturage by’umwihariko.
Ni muri urwo rwego muri iki cyumweru hirya no hino mu gihugu hakomeje gutahwa ku mugaragaro ibikorwa by’indashyikirwa muri buri karere, bimurikirwa abaturage bigenewe.
Biteganyijwe ko mu rwego rwo kwirinda COVID-19 biteganyijwe ko nta nama zihuriza hamwe abaturage benshi zibaho kuri uyu munsi, ahubwo ibiganiro bikaba bikomeza gutangwa hifashishijwe itangazamakuru n’imbuga nkoranyambaga.
Inkuru zijyanye na: kwibohora26
- Perezida Kagame yashimiye ababohoye u Rwanda
- Tariki 01 Ukwakira 1990: Twibukiranye amateka y’urugamba rwo kubohora u Rwanda
- Gupfusha abasirikare n’abayobozi ntibyaduciye intege – General Kabarebe
- Kibonge cya Musituni ntiyaciwe intege no kwiga wenyine mu bana 23 bavukana
- Rwamagana: Barishimira imihanda ya Kaburimbo yongerewe mu mujyi n’inzu zubakiwe abatishoboye
- Ruhango: Abatishoboye bubakiwe inzu zizatuma bagira imibereho myiza
- Uyu musozi waradufashije kuko twabaga tureba ibirindiro byose by’umwanzi - Lt Col (Rtd) Ndore Rulinda
- Muhanga: Inzu z’abatishoboye n’ibiraro byo mu kirere bujuje ni intambwe ishimishije mu kwibohora
- Mfite icyizere cyo kuzandika amateka ku rugamba rwo kwibohora – Perezida Kagame
- #Kwibohora26: Iburengerazuba bibanze ku gukemura ibibazo bibangamiye imibereho y’abaturage
- Uyu munsi ndamutse mpfuye nabwira ababyeyi banjye ko ibyo barwaniye byagezweho – Tom Close
- Gisagara: Barashimira Perezida Kagame kubera ikusanyirizo ry’amata begerejwe
- Kamonyi: Barishimira umuyoboro w’amazi meza n’inzu z’abatishoboye bujuje
- Intama yagaragaye hamwe n’Inkotanyi ntiyari umupfumu wacu - Gen. Kabarebe
- #Kwibohora26: Ibikorwa biteza imbere abaturage byatwaye Miliyari 88 FRW
- Nyagatare: Mu ruzinduko rwa Perezida Kagame hagarutswe ku ishingwa ry’umutwe w’ingabo zabohoye igihugu
- #Kwibohora26: Ibikorwa remezo bya Siporo byariyongereye, Abanyarwanda barasusuruka
- Kurwanya COVID-19 ni urundi rugamba tugomba gutsinda - Perezida Kagame
- Nyagatare: Perezida Kagame yasobanuriwe impamvu ibitaro bya Gatunda byadindiye
- Impundu zitashye i Butahwa
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|