Nsogongeye ku buzima bw’icyaro mu Rwanda- Minisitiri w’Intebe Narendra Modi

Minisitiri w’intebe w’u Buhinde Narendra Modi, yatangaje ko yanyuzwe n’igihe gito yamaranye n’abaturage bo mu Murenge wa Rweru mu Karere ka Bugesera.

Perezida Kagame na Minisitiri w'intebe Narendra Modi bagabira abaturage ba Rweru Inka
Perezida Kagame na Minisitiri w’intebe Narendra Modi bagabira abaturage ba Rweru Inka

Uwo muyobozi aherekejwe na Perezida Kagame basuye abaturage bo mu Murenge wa Rweru mu Mudugudu w’icyitegererezo, aho Minisitiri w’intebe w’u Buhinde Narendra Modi yari agiye kubagabira inka 200.

Narendra Modi amaze kugabira abo baturage yagize ati" Nanyuzwe n’igihe gito maranye n’abaturage ba Rweru, wari umusogongero w’ubuzima bw’icyaro mu Rwanda."

Nyuma yo gusura abo baturage Minisitiri w’intebe w’u Buhinde aherekejwe na Perezida Kagame bagiranye ikiganiro n’abashoramari bo mu bihugu byombi.

Minisitiri Narendra yanyuzwe n'umwanya muto yamaze mu Karere ka Bugesera
Minisitiri Narendra yanyuzwe n’umwanya muto yamaze mu Karere ka Bugesera

Minisitiri Narendra yababwiye ko ibihugu byombi bifite umugambi wo kuzamura ubukungu n’ubuhahirane, akaba abasaba kubigiramo uruhare kugira ngo bigerweho.

Ati" Ibihugu byacu bifite byinshi byageraho bifatanije. Dufite amahirwe menshi tugomba kubyaza umusaruro, cyane cyane mu cyaro ndetse no mu nganda nto".

Abaturage ba Rweru bakiranye ubwuzu abo bayobozi bombi
Abaturage ba Rweru bakiranye ubwuzu abo bayobozi bombi

Nyuma yo kubonana n’abo bashoramari, Minisitiri w’intebe Narendra Modi yasoje uruzinduko rwe rw’iminsi ibiri yagiriraga mu Rwanda.

Yaherekejwe na Perezida Kagame ku Kibuga cy’indege cya Kanombe aho yahise akomereza urugendo rwe mu gihugu cya Uganda.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka