Ngororero: Ba Gitifu 2 n’undi mukozi w’Umurenge barakekwaho kunyereza umutungo

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko ku wa gatatu tariki 18 Ugushyingo 2020, rwafunze Harerimana Adrien Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Sovu; Umubyeyi Ildegonde, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kavumu na Ntashamaje Eliazar Umucungamari w’Umurenge wa Sovu mu Karere ka Ngororero.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, RIB yavuze ko aba bose bakurikiranyweho icyaha cyo kunyereza umutungo, guhimba no gukoresha inyandiko mpimbano.

Abakekwa ubu bafungiye kuri RIB Ngororero, mu gihe iperereza rikomeje kugira ngo hakorwe dosiye ishyikirizwe Ubushinjacyaha.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka