Ngoma: Urubyiruko rwasabwe gukora ibifitiye Igihugu akamaro

Komiseri mu muryango RPF Inkotanyi, Uwamariya Francine, yashishikarije urubyiruko gukoresha imbaraga rufite mu gukora ibifitiye igihugu akamaro, aho kujya mu byica ubuzima bwarwo.

Urubyiruko rwasabwe kurangwa n'indangagaciro za kinyarwanda
Urubyiruko rwasabwe kurangwa n’indangagaciro za kinyarwanda

Yabibasabye ku Gatandatu tariki ya 11 Gashyantare 2023, mu Nteko rusange y’uyu muryango mu Karere ka Ngoma.

Iyi Nteko rusange, yatangijwe n’umutambagiro uhereye mu mujyi wa Kibungo werekeza mu ishuri rya IPRC Ngoma.

Chairman wa RPF Inkotanyi mu Karere ka Ngoma, Mapambano Nyiridandi Cyriaque, yibukije abanyamuryango ibyo Chairman ku rwego rw’Igihugu abasaba, kugira ngo Igihugu kigere ku miyoborere myiza no gushyira umuturage ku isonga aribyo, "Kuba umwe, kubazwa inshingano no gutekereza byagutse".

Abanyamuryango ba RPF Inkotanyi bitabiriye Inteko rusange
Abanyamuryango ba RPF Inkotanyi bitabiriye Inteko rusange

Chairman Mapambano kandi yanagarutse kuri bimwe mu bikorwa yizeje abanya-Ngoma byamaze gukorwa, birimo Sitade y’Akarere ka Ngoma, Hoteli, imihanda mu mujyi wa Kibungo, Amatara ku mihanda yose, umuhanda wa Rukira n’umuhanda Ngoma-Bugesera-Nyanza, urimo gukorwa n’ibindi.

Ati “Murabizi, Chairman wacu ibyo yizeje abaturage arabikora, mwabonye sitade nziza, Hoteli nziza, iriya mihanda ya kaburimbo mubona yose izajyaho amatara batangiye kuyashyiraho. Hano mu mujyi ubu ntimuzongera guhura n’ivumbi, ubu none harimo gukorwa indi mihanda iduhuza n’utundi Turere, Bugesera na Nyanza.”

Yashishikarije abanyamuryango gukora cyane kugira ngo babyaze umusaruro ibikorwa remezo begerezwa.

Komiseri Uwamariya yasabye urubyiruko kugendera kure ibyakwangiza ubuzima bwarwo
Komiseri Uwamariya yasabye urubyiruko kugendera kure ibyakwangiza ubuzima bwarwo

Komiseri Uwamariya Francine, yashishikarije urubyiruko gukoresha imbaraga rufite mu gukora ibifitiye Igihugu akamaro, aho kujya mu byica ubuzima bwarwo.

Yagize ati “Rubyiruko ni mwe bayobozi b’ejo, mwirinde ibibangiriza ubuzima ahubwo mukoreshe imbaraga zanyu mukora ibifitiye Igihugu akamaro.”

Chairman wa RPF Ngoma, yasabye abanyamuryango kubyaza umusaruro ibikorwa remezo begerezwa
Chairman wa RPF Ngoma, yasabye abanyamuryango kubyaza umusaruro ibikorwa remezo begerezwa
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka