Musenyeri Papias Musengamana wahawe inkoni y’Ubushumba yasabwe kwita ku bakene
Antoine Cardinal Kambanda yasabye Musenyeri Papias Musengamana, wahawe inkoni y’Ubushumba kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 14 Gicurasi 2022, kwita ku Basaserdoti no ku mbaga y’abakirisitu ariko cyane cyane akita ku bakene.

Yabimusabye mu muhango wo kumwika ku mugaragaro nk’Umushumba wa Diyoseze ya Byumba, akaba yasimbuye Musenyeri Nzakamwitata Servilien ugiye mu kiruhuko cy’izabukuru.
Mbere yo kumuha inkoni y’ubushumba, Antoine Cardinal Kambanda yabanje gusaba ko bamusomera urwandiko rwanditswe na Papa Francis, rushyiraho Musenyeri Papias Musengamana, kuba Umushumba wa Diyosezi ya Byumba.
Antoine Cardinal yagize ati “Ufite urwandiko rwemerera Musenyeri Papias Musengamana kuba umwepisikopi wa Diyosezi ya Byumba. Ni murunsomere”.
Nyuma yo gusomera urwandiko abakirisitu n’abitabiriye ibirori byo kwimika Musenyeri Papias Musengamana, Antoine Cardinal Kambanda yamuhaye impanuro, ko agomba kuba Musenyeri uhagarariye Yezu mu butumwa bwa hano ku Isi, kandi akigisha ijambo ry’Imana anitagatifuza mu bikorwa bye bya buri munsi, cyane cyane yita ku ntama aragijwe.

Aha yamusabye kumenya gutega amatwi abo agiye kuyobora kandi akamenya no kubafasha mu nyigisho z’ijambo ry’Imana, abifashijwemo na roho Mutagatifu.
Ati “Ubusaserodoti si icyubahiro ahubwo ni umurimo uba ushinzwe gukora kuko urasabwa gukunda abasaserdoti, no kubana neza n’Abasenyeri bagenzi bawe ariko cyane cyane ukita ku bakene”.
Musenyeri Papias yahawe amasezerano ya Kiriziya, arayakira ndetse yambikwa ingofero n’impeta, anahabwa n’inkoni y’Ubushumba nk’ikimenyetso cyo kwimikwa akaba Musenyeri.

Musenyeri Papias yahawe Bibiliya izamufasha kwamamaza ivanjiri nk’ijambo ry’Imana ubutarambirwa, abitewe n’ishyaka ryo kujijura abakirisitu.
Papias Musengamana yari asanzwe ari Igisonga cy’Umwepiskopi wa Diyosezi ya Kabgayi, n’Umuyobozi Mukuru wa Seminari Nkuru ya Nyakibanda.
Yavukiye muri Paruwasi ya Byimana, muri Diyosezi ya Kabgayi, tariki 21 Kanama 1967, yahawe Ubupadiri tariki 18 Gicurasi 1997.
Musenyeri Papias Musengamana yize amashuri abanza i Mwendo (1974-1982), akomereza ayisumbuye mu Iseminari nto ya Kabgayi (1982-1988). Seminari Nkuru yayize i Rutongo (1988-1989) akomereza Filozofiya i Kabgayi (1989-1991), naho Tewolojiya ayiga i Yawunde muri Kameruni (1991-1996).



Reba Video igaragaza uko umuhango wo kwimika Musenyeri mushya Musengamana Papias wa Diyosezi ya Byumba wagenze:
Ohereza igitekerezo
|
Musenyeri twamwishimiye
Musenyeli bivuga "Mon seigneur" mu gifaransa,cyangwa Bishop mu cyongereza.Bisobanura "umwami wanjye".Kimwe nuko Padiri bivuga "mon pere" cyangwa Data.Gusa Yesu yasize atubujije kugira umuntu twita Data mu rwego rw’idini.Yongeraho ko Data ari imana gusa.Yanadusabye kutagira uwo duha Title mu rwego rw’idini.Kubirengaho,biba ari icyaha.
Kora ibyo uzi n’ibyo wemera uko ubishoboye, buri wese azibarizwa ibye!
Muri abo babivuga (Abavuga Monseigneur cg mon père nta njiji zirimo!
Ukora icyo azi annya ahetse.
Komera