Musanze: Yafunzwe akekwaho kwisenyera inzu

Umugabo w’imyaka 27 y’amavuko yafunzwe nyuma yo gukekwaho gusenya inzu yabanagamo n’umugore we n’abana, agamije guhima uwo bashakanye.

Yafunzwe akekwaho kwisenyera inzu
Yafunzwe akekwaho kwisenyera inzu

Uwo mugabo wo mu Kagari ka Buramira, Umurenge wa Kimonyi Akarere ka Musanze, nyuma yo kugirana amakimbirane n’umugore we, ikibazo bakigejeje mu Nteko y’abaturage ubuyobozi buragikemura.

Nk’uko bamwe mu baturage bari muri iyo nteko babibwiye Kigali Today, ngo nyuma y’uko ubuyobozi bukemuye icyo kibazo ku itariki 16 Mutarama 2024, ngo ntabwo umugabo yishimiye uburyo ubuyobozi bwakemuye icyo kibazo, ari nabwo ngo yatashye arakaye avuga ko agiye gukora akantu, basanga ari gusenya inzu yabanagamo n’umugore.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru, SP Jean Bosco Mwiseneza, yemeje aya makuru, avuga ko uwo mugabo afungiye kuri Polisi Sitasiyo ya Muhoza, nyuma yo guteza imvururu mu muryango.

Ati “Uyu mugabo yashatse umugore wa mbere batandukanye ashaka undi. Umugore wa mbere akaza avuga ko inzu bayubakanye adakwiye kuyizaniramo undi mugore kandi bafitanye umwana, ubuyobozi bukabwira uwo mugabo ko niba yarahisemo gushaka undi mugore agomba kumushakira ahandi”.

Arongera ati “Umugabo na we akavuga ati, aho kugira ngo musige muri iriya nzu nayisenya kuko ninjye wayiyubakiye, nibwo uwo mugabo kubera n’inzoga yari yanyoye yafashe icyemezo, atangiye gusenya inzu, ubuyobozi bwiyambaje inzego z’umutekano ziramufata ubu afungiye kuri Sitasiyo ya Muhoza”.

SP Mwiseneza arashishikariza abaturage kwirinda gufata ibyemezo bishobora gutera amakimbirane no kuba byatera impfu, abasaba kujya babimenyesha ubuyobozi cyangwa bakagana inkiko.

Ati “Icyo nabwira abaturage ni uko igihe ugize ikibazo cyo kutumvikana n’uwo mwashakanye, udakwiye gufata icyemezo nk’iki uyu mugabo yafashe, gusenya inzu, gutema amatungo bijya bibaho, gutema imyaka cyangwa se kurwana bagakomeretsanya bishobora gutera impfu, ukwiye kugana ubuyobozi bukabagira inama”.

Arongera ati “Iyo byanze ugana inkiko, nibyo bivamo icyemezo kirambye kandi kidafite ingaruka, naho iteka ryose iyo ushatse gufata ibyemezo bishingiye kuri kamere bigira ingaruka zitari nziza”.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Ngo umuntu ahunga ikimwirukankana ntahunga ikimurimo; ntaho abakinze iyo abona uwo mugore mwibaze ibyo yari kumukorera; mumushyire mu igororero murebe ko yazavamo yaciye akenge cg agaruke muri sosiyete asohoze umugambi we wo kwica no kurimbura.

Filipo yanditse ku itariki ya: 19-01-2024  →  Musubize

Uwomugabo ayonamahano gufata umwanzuro wokwisenyera inzu ngo ariguhima uwo mugore wambere bashakanye banabyaranye ubwosesuguhohotera uwomwana babyaranye birababaje uwomugabo nahanwe bakurikije amategeko .

Dusabimana Jean clude ndi ikarongi umurenge wa rubengera yanditse ku itariki ya: 19-01-2024  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka